Polisi irasaba Abanyarwanda kwibuka ariko banirinda COVID-19
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, arasaba Abanyarwanda ko mu gihe bibuka inshuti n’abavandimwe, kuzirikana ko n’icyorezo cya COVID-19 gihari bityo bagakomeza ingamba zo kucyirinda.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 07 Mata 2021, ubwo Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batangira icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Yavuze ko ibihe abanyarwanda binjiyemo bikomeye aho abantu bibuka bakanaha icyubahiro inshuti n’abavandimwe babo bakundaga babuze ubuzima mu mwaka wa 1994, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
CP Kabera yasabye Abanyarwanda gufatanya bakarwanya uburyo bwose bugamije guhembera ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse no kuyipfobya.
Yabasabye kurwanya no gutanga amakuru aho bumvise cyangwa babonye ibikorwa bijyanye n’ingengabitekerezo ya Jenoside, gutera ubwoba abarokotse, kurwanya abahakana cyangwa bagapfobye Jenoside n’abakora ibikorwa bigamije gutiza umurindi urwango n’amacakubiri.
Yagize ati “Haramutse hagize ibibazo cyangwa ikindi kibazo kijyanye no kwibuka turimo, bakwiye kubwira inzego zibegereye zirimo Polisi ibe yatabara, turabizi ko hari abantu bagira ihungabana, turabizi ko hari abantu bakora ibyaha byo gupfobya no guhakana Jenoside byagiye bigaragara imyaka ishize, ingamba ni zazindi ni ukubwira inzego zibegereye, ni ukubwira Polisi ikabikurikirana.”
Yasabye abaturage kwirinda ibyaha bijyanye no gupfobya no guhakana Jenoside kuko abazabifatirwamo bazabihanirwa hakurikijwe amategeko.
Yavuze ko Polisi idahugiye mu kureba ko ingamba zo kwirinda COVID-19 zubahirizwa gusa, ngo n’umutekano w’abaturage uracunzwe neza.
Yibukije abaturage ko n’ubwo bagiye mu bihe bikomeye byo kwibuka no kunamira inshuti n’abavandimwe bazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, bagomba no kuzirikana ko COVID-19 ihari bagakomeza ingamba zo kuyirinda.
Ati “Tugiye mu bihe bikomeye byo kwibuka no kunamira inshuti zacu n’abavandimwe ariko na none birahurirana n’uko igihugu kikirimo kurwana n’icyorezo cya COVID-19. Iki cyorezo kiradusaba kubahiriza amabwiriza yo kukirinda ku rwego rwo hejuru, tukabikora twubahiriza neza ayo mabwiriza”.
CP Kabera yavuze ko bitewe no kwirinda COVID-19, imihango yo kwibuka abantu bazayikurikirana kuri Radio na Televiziyo ndetse no ku mbuga nkoranyambaga bari mu ngo zabo.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka27
- Kubwira abato amateka mabi Igihugu cyanyuzemo bizabarinda kugwa mu mutego wo kucyoreka
- IBUKA: Leta izabingingira gutanga amakuru kugeza ryari?
- Jenoside yabaye mu Rwanda yagaragaje ubwigomeke ku Mana - Prof Musemakweli
- Amateka agaragaza ko Nyamagabe ari nk’igicumbi cy’ingengabitekerezo ya Jenoside
- Musanze: Abafana ba APR FC bunamiye abazize Jenoside biyemeza guhangana n’abakiyipfoya
- Senegal: Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
- Muhanga: Imibiri 1093 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro
- Kwibuka27: Menya uko isanduku yo gushyingura mu cyubahiro igomba kuba iteye
- Abiga muri Kaminuza ya Kigali baramagana abahakana Jenoside bitwaje ibyo bari byo
- Musanze: Abakozi b’Akarere bahawe umukoro wo kuvuguruza abagoreka amateka y’u Rwanda
- Gupfobya Jenoside warayirokotse ni ubuyobe bubi – NURC
- Karongi: Bashyinguye mu cyubahiro imibiri 8.660 y’Abatutsi biciwe ku Mubuga muri Jenoside
- Rwezamenyo: Sengarama arashimira byimazeyo abamwubakiye inzu
- Kinigi: Bibutse bishimye kuko ikibazo cyabo cyasubijwe
- Bugesera: Itorero ADEPR ryibutse Abatutsi biciwe i Kayenzi
- Ni igisebo kuba uwari Minisitiri w’Umuryango yarashishikarije umwana we kwica – Senateri Nyirasafari
- Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abandi kwibuka imiryango yazimye
- Kuri uyu wa Gatandatu haribukwa imiryango isaga 15,000 yazimye mu 1994
- Umubano w’u Rwanda n’u Burundi witezweho gukurikirana Abarundi bakoze Jenoside
- Ubuhamya: Banze ko uruhinja rwabo rwakwicwa rudahawe Isakaramentu rya Batisimu
Ohereza igitekerezo
|