Ni igisebo ku bacuruzi bashoye Imari muri Jenoside yakorewe Abatutsi- PSF Amajyepfo

Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyepfo baragaya bagenzi babo bashoye imari muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho kuyifashisha Abanyarwanda bari bakennye cyane.

 Abikorera bo mu Ntara y'Amajyepfo bakoze urugendo rwo kwibuka abari abacuruzi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo bakoze urugendo rwo kwibuka abari abacuruzi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Byavugiwe mu Muhango wo kwibuka ku nshuro ya 24 abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu byahoze ari amakomini yo mu Ntara y’ubu.

Ndagijimana Athanase wo mu Karere ka Muhanga avuga ko urwango ku batutsi bari abacuruzi rwaje kera ku buryo n’imikorere yabo ngo yahoraga imeze nabi kubera itotezwa, aho we ubwe bamwitaga “Nyenzi”, bagamije kujya bahora bamwiyenzaho no kumusesereza ko azishyigikiye.

Agira ati “Njyewe nari umucuruzi utorohewe no kujya kurangura mu mahanga kuko bamfataga nk’inyenzi, nk’umugambanyi. Nyuma, naje gufungwa mu byitso, mfunguwe bakajya banyita Nyenzi ndabimenyera nkajya nitaba kuko nta kundi byagombaga kugenda.”

Gahunda zo kwibuka zabimburiwe n'urugendo rwo Kwibuka rwasorejwe ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi
Gahunda zo kwibuka zabimburiwe n’urugendo rwo Kwibuka rwasorejwe ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi

Umuyobozi w’Urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Amajyepfo Bigirimana Jean Bosco avuga ko iyo abikorera bipakurura Leta mbi yababwirizaga gutanga inkunga yo kwica, ubu Abanyarwanda baba bageze ku Ntera ishimishije.

Agira ati “Abikorera ntibari bakwiye gushora imari yabo mu bwicanyi, ahubwo bagombaga kuyubakisha igihugu no gufasha abanya ntege nkeya kuzamuka, igihugu kigatera imbere. Kandi nitwe twari dufite amafaranga byari byoroshye ko Leta yariho tuyishyira ku murongo nk’abanyamafaranga”.

 Bizimana avuga ko iyo abikorera bipakurura Leta mbi igihugu kiba gitengamaye
Bizimana avuga ko iyo abikorera bipakurura Leta mbi igihugu kiba gitengamaye

Umuyobozi w’Umuryango Ibuka mu Karere ka Muhanga avuga ko n’ubwo abikorera b’uyu munsi biyemeje gufatanya na Leta kubaka igihugu, bakwiye kwirinda icyakwaduka cyose gishaka kubasubiza mu macakubiri no kugambanira Abanyarwanda.

Agira ati “Abacuruzi mufasha leta ubu ni byo ni byiza, arikomurasabwa gukomeza kubaka icyo kizere kuko n’ubwo tutari twumva ko hari abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu mwafashije, ntimukabikore ntibikwiye ko mwongera kugisenya”.

Imiryango y'abikorera bazize Jenoside yakorewe Abatutsi na yo ishyira indabo rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi
Imiryango y’abikorera bazize Jenoside yakorewe Abatutsi na yo ishyira indabo rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankwano Marie Rose avuga ko abacuruzi ari abantu bakwiye kwishimisha mu bukire bwabo no gufasha abatishoboye kubera ko baba baragiriwe ubuntu n’Imana.

Agira ati, “Umucuruzi witandukanyije n’ubumuntu Imana yamugiriye ikamuha amafaranga aho kuyakoramo ibyiza akayashora mu gufasha Leta yicaga Abanyarwanda akwiriye kugawa, akajya agawa yemwe n’abo mu muryango we batarasaba imbabazi bakagawa.”

Guverineri Mureshywankwano avuga ko abikorera bashoye imari yabo muri Jenoside bakwiye kugawa
Guverineri Mureshywankwano avuga ko abikorera bashoye imari yabo muri Jenoside bakwiye kugawa

Mu rwego rwo gufasha abatishoboye barokotse amahano ya jenoside yakorewe Abatutsi, abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo baremeye imiryango itandatu yo mu Karere ka Muhanga isanzwe ikora ubucuruzi buciriritse mu rwego rwo kubongerera igishoro, igikorwa bavuga ko kizakomereza no mu tundi turere.

Guverineri Mureshyankwano ashyira indabo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi
Guverineri Mureshyankwano ashyira indabo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi
 Bafashe umunota wo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside bashyinguye mu Rwibutso rwa kabgayi
Bafashe umunota wo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside bashyinguye mu Rwibutso rwa kabgayi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ibyobintu abobaturagebakozebiragayiste

PETER yanditse ku itariki ya: 2-07-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka