Musanze: Ntabwo ndi umupfakazi, nta n’ubwo ndi njyenyine mu muryango wanjye -Kabaraza

Umubyeyi w’imyaka 50 witwa Kabaraza Spéciose wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze yishimiye inkunga yagenewe n’umuryango w’urubyiruko, Rwanda Young Generation Forum (RYGF) kuko bimwereka ko atari wenyine.

Ku wa Gatandatu tariki 16 Gicurasi 2015 ni bwo umuryango wa RYGF waremeye uwo mubyeyi warokotse Jenoside utishoboye umushyikiriza inka ya Kijyambere, ibikoresho by’isuku n’ibihumbi 50 by’amafaranga y’u Rwanda yo kumufasha kubaka ikiraro.

Kabaraza, umupfakazi w’abana bane warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994, bamushyikiriza iyo nkunga ku biro by’Akarere ka Musanze, ibyishimo byaramurenze amarira aragwa.

Kabaraza ashyikirizwa inka yagenewe n'abanyamuryango ba RYGF.
Kabaraza ashyikirizwa inka yagenewe n’abanyamuryango ba RYGF.

Yihanagura amarira yagaragaje akari ku mutuma agira ati “Imana yo mu ijuru izabahe kubyara muzagire ababaha, biranejeje cyane. Ubu ntabwo ndi umupfakazi nta n’ubwo nasigaye njyenyine, ubu muri umuryango wanjye, musanze abana banjye bane kandi ndikubiyumvamo. Igikorwa nk’iki kirakomeye”.

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko iyi inka ayitezeho kumuha ifumbire y’imborera akazamura umusaruro uva ku buhinzi, ndetse akaniteza imbere. Yemeza ko iyo neza agiriwe na we azayigirira undi amwitura iyo izabyara.

Kabaraza kwiyumanganya byaramunaniye ararira.
Kabaraza kwiyumanganya byaramunaniye ararira.
Kwiyumanganya byaramunaniye ararira.
Kwiyumanganya byaramunaniye ararira.

Abanyamuryango ba RYGF n’urubyiruko rwo mu mirenge itanu yo mu Karere ka Musanze babanje gukora urugendo ruva ku karere berekeza ku Rwibutso rwa Muhoza, bunamira imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuyobozi wa RYGF, Muhozi Joseph yatangarije Kigali Today ko ibikorwa byo kwibuka inzirakarengane za Jenoside babikoreye ahandi, none bakaba bifuje kwifatanya n’Abanyamusanze bakaremera umwe muri bo utishoboye.

Muhozi Joseph, umuyobozi wa RYGF.
Muhozi Joseph, umuyobozi wa RYGF.

Uretse icyo gikorwa, abayobozi ba RYGF kandi bagiranye ibiganiro n’urwo rubyiruko barukangurira kwirinda ibiyobyabwenge, kwibumbira mu mashyirahamwe no kuzigama duke babona.

Umuryango “Rwanda Young Generation Forum” washinzwe mu w’2013 ufite intumbero zo gukangurira urubyiruko kugira uruhare muri gahunda za Leta, batanga umusanzu wabo mu bikorwa binyuranye.

Kabaraza yanagenewe amafaranga yo kumufasha kubaka ikiraro.
Kabaraza yanagenewe amafaranga yo kumufasha kubaka ikiraro.
Uru rubyiruko rwanasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Muhoza.
Uru rubyiruko rwanasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Muhoza.

NSHIMIYIMANA Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka