Minisitiri Munyangaju yasabye abakunzi b’imikino kurangwa n’urukundo
Kuri uyu wa mbere tariki ya 01 Kamena 2020 ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi habereye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro icyumweru cyo kwibuka abari abakinnyi, abatoza, abafana ndetse n’abandi bakundaga imikino mu Rwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Ni umuhango witabiriwe na Minisitiri wa Siporo Aurore Memosa Munyangaju, ndetse n’abandi bayobozi barimo n’abayobora amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda.
Mu ijambo yatangiye ku rwibutso Minisitiri wa Siporo yasabye abakunzi b’imikino kurangwa n’urukundo. Yagize ati “Indangagaciro z’abasiporutifu ni amahoro, ubumwe, ishyaka ndetse n’ubutwari. Mu gihe twibuka buri mukunzi w’imikino wese arasabwa kugira igikorwa cyo kwibuka icye kuko gifasha igihugu kubona amahoro”.
Minisitiri Munyangaju yakomeje asaba Abanyarwanda muri rusange gukomeza kurwanya ingengabitekerezo cya Jenoside ndetse no kurwanya icyatuma Jenoside yongera kugaruka.
Ukuriye komite itegura imikino yo kwibuka, Nyirishema Richard, yavuze kuri gahunda z’iki cyumweru, hazibandwa ku biganiro bizatangwa ku maradio n’amatelevisiyo atandukanye ya hano mu Rwanda mu rwego rwo gutanga ubutumwa burebana no kwibuka abari abakunzi b’imikino.
Buri mwaka Minisiteri ya Siporo ifatanyije na Komite Olempike y’u Rwanda bategura irushanwa ryo kwibuka mu mashyirahamwe atandukanye y’imikino. Uyu mwaka ariko iri rushanwa ntirizaba kubera kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Icyumweru cyo kwibuka abari abasiporutifu bazize Jenoside yakorwe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 cyatangiye kuri uyu wa mbere tariki ya 01 kizageza tariki ya 06 Kamena 2020.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|