#Kwibuka26: Abatutsi babarirwa mu bihumbi 50 biciwe i Murambi
Ku itariki ya 21 Mata, mu Karere ka Nyamagabe bibuka Abatutsi babarirwa mu bihumbi 50 biciwe i Murambi, nyuma yo kubabeshya ko bazaharindirwa, bituma bahahungira ari benshi.

Nk’uko bivugwa na Elie Ndayisaba, Perezida wa Ibuka mu Karere ka Nyamagabe, abiciwe i Murambi bari baturutse ahanini mu makomini ya Nyamagabe, Kinyamakara, Rukondo, Mudasomwa na Karama, aho bari batangiye gutwikirwa amazu mu matariki 9 Mata 1994.
Bamwe muri bo bari bahungiye mu mashuri yari ahari (hari harubatswe ishuri ry’imyuga mu 1986 ariko kugeza mu 1994 ryari ritarashyirwamo ibikoresho ngo ritangire kwigirwamo), ariko hari n’abandi bahoherejwe n’ubuyobozi babwiwe ko bazahabarindira.
Simon Mutangana w’i Tare mu Karere ka Nyamagabe, ni umwe mu bahahungiye. Yahageze ku itariki 12 Mata 1994. Avuga ko umunsi ahagera amatiyo yahazanaga amazi yakaswe, batangira kubura amazi. N’abageragezaga kujya kuyashakira mu kabande ngo iyo bagendaga ari bakeya barabicaga.

Agira ati “Twajyaga kuvoma twifashishije ibikoresho by’ubwubatsi twahasanze. Twamanukaga turi abagabo bagera mu ijana, tukamanuka twiruka, tukagaruka twiruka.”
Ibyo kurya na byo ngo byari ntabyo. Icyakora ngo hari umucuruzi wari ufite butike hafi y’iri shuri bajyaga kuguraho ibyo kurya.
Ati “Abari bafite udufaranga baguraga nk’ikilo cy’ubugari kikaribwa n’abantu barenga icumi.”
Abicanyi (Interahamwe) ngo bahaje ubugira kabiri bashaka kubica ariko birwanaho babatera amabuye barabirukana. Aho ngo ni ku itariki ya 17 no ku ya 19 Mata 1994.
Kubera inzara n’inyota, hari abantu bamwe batangiye kujya bahava bakajya ahandi. Abari bahabohereje babonye ko bashobora kuhava ari benshi umugambi wo kubica ntugerweho, ngo babazaniye toni eshatu z’umuceri.
Mutangana avuga ko toni eshatu ku bantu ibihumbi 50 byari ubusa. Ariko nyine ngo zari zihagije mu guhuza abantu ngo batangire bizere ko bagiye kwitabwaho, bityo n’abicanyi babashe gutegura neza uko babica.

Mu museso wo ku itariki ya 21 Mata 1994, batewe noneho n’abasirikare, babatera gerenade baranabarasa, maze ba bicanyi bari barabananiwe baza bitwaje intwaro gakondo harimo imihoro n’amahiri barabadukira barabica.
Urebye muri iryo joro ngo hishwe abantu bari bafite imbaraga zo kurwana, bari hanze y’amashuri. Abagore n’abana bari basigaye mu mashuri bishwe bukeye n’Interahamwe, naho abasirikare bajya kwica abari bahungiye mu Cyanika.
Abatarapfuye muri iryo joro bakanagerageza guhunga bagiye bicwa umugenda, bishwe n’abo basangaga aho banyuraga bashaka guhunga.
Mutangana na we ari mu bahunze hamwe n’umugore we ndetse n’umwana yari ahetse. Bakomeje kwihishahisha, ku bw’amahirwe bararokoka.
Kuri ubu, ikigo cy’amashuri Abatutsi bari bahungiyemo hanyuma bakakicirwamo cyahinduwe urwibutso rwa Jenoside.
Hari amashuri amwe arimo imibiri itarashwangutse, harimo iy’abana batoya n’iy’abantu bakuru, bose bigaragara uko bishwe bameze, harimo abo bigaragara ko bari bategeye amaboko abicanyi babasaba kutabica.

Hari n’amashuri abitsemo ibimenyetso bya Jenoside harimo intwaro abicanyi bicishije, n’imyenda abishwe bari bambaye.
I Murambi kandi hubatswe urwibutso rurimo amasanduku ashyinguyemo indi mibiri, ari na yo myinshi. Muri yo harimo iy’abaguye i Murambi, ariko hari n’iy’abandi Batutsi baguye hafi yaho yagiye ihimurirwa.
Hari n’inzu yakozwe ku buryo uyigezemo asobanukirwa amateka ya Jenoside mu Rwanda muri rusange, n’i Murambi by’umwihariko.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ohereza igitekerezo
|