Kwibuka25: Guverineri generali wa Canada aje kwifatanya n’Abanyarwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki 05 Mata 2019, Guverineri Generali wa Canada Julie Payette yageze mu Rwanda aho aje kwifatanya n’Abanyarwanda ndetse n’isi mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi ku butumire bwa Perezida Paul Kagame.

Guverineri Julie Payette aje kwifatanya mu kwibuka ku nshuro ya 25
Guverineri Julie Payette aje kwifatanya mu kwibuka ku nshuro ya 25

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na ambasade ya Canada mu Rwanda, riravuga ko uru ruzinduko rugaragaza ubushake bw’icyo gihugu mu gukumira Jenoside n’ubundi bwicanyi ndetse no kwimakaza umubano mwiza uranga ibihugu byombi.

Biteganyijwe ko Guverineri Julie Payette asura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kuri uyu wa gatandatu, maze ashyire indabo ku giti cy’Abanya-Canada kuri uru rwibutso.

Guverineri Generali ni umuyobozi uhagarariye ubwami bw’Ubwongereza mu Gihugu cya Canada, nk’uko bikorwa mu bihugu byose bibarirwa munsi y’ubwo bwami. Uyu mugore uzobereye cyane mu bumenyi bw’ikirere yemejwe n’umwamikazi w’ubwongereza Elisabeth II muri Nyakanga 2017.

Mu bandi bashyitsi bategerejwe mu Rwanda harimo Depite Olivier Belville, Umufaransa ukomoka mu Rwanda woherejwe na perezida w’icyo gihugu ngo amuhagararire mu bikorwa bwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hari kandi Minisitiri Roger Lewentz ushinzwe imiyoborere mu ntara ya Rhenanie Palatinat mu gihugu cy’u Budage hamwe n’itsinda ry’abantu cumi n’umwe, kuri uyu wa gatanu bakaba bahuye na minisitiri Shyaka Anastase baganira ku bijyanye n’imikoranire hagati y’ibihugu byombi.

Hari kandi itsinda ryavuye mu gihugu cy’Uburusiya riyobowe n’uwitwa IGOR N. MOROZOV, umudepite muri icyo gihugu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Icyo Imana yizeza abantu,nuko mu isi nshya dusoma muli 2 Petero 3:13,nta Ronda-bwoko rizabamo,kubera ko ku munsi wa nyuma,Imana izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza,igasigaza abuyumvira gusa nkuko Imigani 2:21,22 havuga.Icyo Imana idusaba twese,nuko tutahera mu gushaka ibyisi gusa,ahubwo tukabifatanya no gushaka Imana,mbere yuko uwo munsi w’imperuka uza.Abibera mu byisi gusa,Imana ibita abanzi bayo nkuko Yakobo 4:4 havuga.Bisobanura ko itazabaha ubuzima bw’iteka muli paradizo.Tukibuka yuko ku munsi wa nyuma Imana izazura abantu bapfuye bayumvira nkuko Yesu yavuze muli Yohana 6 umurongo wa 40.It is a matter of time kandi si kera,kubera ko Imana itajya ibeshya.

munyemana yanditse ku itariki ya: 7-04-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka