#Kwibuka i Murambi: Dr Bizimana yagarutse ku banyapolitiki beza n’ababi
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yagaragaje Abanyapotiki bazize kurwanya Jenoside yakorewe Abatutsi bavuka mu Majyepfo, anatunga agatoki bamwe mu barimo kuyipfobya no kuyihakana muri iki gihe.

Dr Bizimana yatangaje ibi ku wa Kane tariki 21 Mata 2022, mu gikorwa cyo kwibuka Abatutsi bakabakaba 50,000 bashyinguwe mu Rwibutso rwa Murambi mu Karere ka Nyamagabe, ndetse n’abarenga 200,000 biciwe mu Ntara y’Amajyepfo ku itariki 21 Mata 1994.
Kuri iyo tariki, Mukakabanda Juliet yibuka ko yari kumwe n’umugabo we n’abana batatu, bakaba bari bahahungiye bizezwa ko bazarindwa, nyamara ngo interahamwe n’abari ingabo za Leta (Ex FAR), bahise bahabatsembera harokoka abatarenga 20 mu bihumbi bibarirwa muri za mirongo.

Mukakabanda waharokokeye n’umwana umwe gusa agira ati "Nakoraga kuri buri mwana, ngahamagara, ngakora ku mutima nibwira ko ubwo bagikanuye wenda bagihumeka ariko si ko byari biri".
N’ubwo ntawe ushira agahinda k’abe bishwe urupfu nk’urwo, Mukakabanda ashimira Inkotanyi zabarokoye, ndetse Leta ikaba yaramufashije kongera kwiyubaka, ubu akaba afite aho atuye, ari umuhinzi mworozi ndetse n’umwana basigaranye akaba yiga muri Kaminuza.

Minisitiri Bizimana na we yibuka ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Ntara y’Amajyepfo yarimbuye benshi (ibihumbi 200 ku munsi umwe), n’ubwo muri iyo ntara ari ho havuka abanyapolitiki benshi barwanyije Jenoside.
Mu b’intangarugero ngo harimo Umwami MutaraIII Rudahigwa, uwari Minisitiri w’Intebe Agathe Uwiringiyimana, Michel Rwagasana na Félicité Niyitegeka.
Dr Bizimana avuga ko abo bose n’ubwo bapfuye batanga urugero rwiza ku babyiruka muri iki gihe, aho kwigira ku bandi bakiriho ngo barimo gupfobya no guhakana Jenoside.

Yagize ati "Hari abari mu mahanga mu mitwe ya FDLR, FDU-Inkingi, bamwe mu bavuga ko bacitse ku icumu bashinze icyitwa ’Igicumbi".
Dr Bizimana avuga ko abo atari abo kwigiraho kurwanya akarengane no guha umutekano n’uburenganzira buri wese, nk’uko Leta y’u Rwanda ibikora, ikaba ari yo ikwiye gushyigikirwa.

Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ohereza igitekerezo
|