Kayonza: Abarokotse Jenoside batishoboye bagiye korozwa inka 100
Urugaga rw’abikorera (PSF) mu Ntara y’Iburasirazuba, rwiyemeje koroza inka 100, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 batishoboye, hagamijwe ko nabo badasigara inyuma mu majyambere.

Byatangajwe kuri iki cyumweru tariki 09 Mata 2023, ubwo Urugaga rw’abikorera mu Rwanda, PSF, rwifatanyaga n’abikorera bo mu Karere ka Kayonza mu kwibuka ku nshuro ya 29, bagenzi babo bishwe mu Jenoside.
Ni igikorwa cyateguwe ku bufatanye bw’abikorera mu Karere ka Kayonza, Ubuyobozi bw’Akarere ndetse n’abikorera ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba.
Uyu muhango wabanjirijwe n’urugendo rwo Kwibuka no gushyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Mukarange.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yagarutse ku rugendo rwo kwiyubaka kw’abarokotse, gahunda za Leta zibateza imbere ndetse na bimwe mu bimaze gukorwa mu rwego rwo kubungabunga amateka, harimo igitabo kigaragaza amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere, kimaze kwandikwa ndetse hakaba harimo kurangizwa inzu y’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka Karere.

Umuyobozi wa PSF mu Ntara y’Iburasirazuba, Nkurunziza Jean de Dieu, yashimye Leta y’u Rwanda ishyigikira abikorera, anavuga ko muri ibi bihe byo Kwibika ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Ntara yose bazifatanya bakanashyigikira abarokotse batishoboye baha inka abagera ku 100.
Depite Safari Henry watanze ikiganiro, yagarutse ku mateka yaranze u Rwanda, aho yibukije ko Abanyarwanda bari bunze ubumwe, bukaza gusenywa n’abakoloni, bishyigikirwa na Repubulika ya mbere n’iya kabiri zabibye ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri, yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Yashimye Ingabo zari iza RPA na Perezida Paul Kagame, bahagaritse Jenoside, bakongera kurema icyizere mu Banyarwanda.
Ndangamira Faustin watanze ubuhamya, yagarutse ku ruhare bamwe mu bacuruzi bagize muri Jenoside, aho abacuruzi bagera kuri 11 bari bakomeye bagize uruhare rudasanzwe mu bwicanyi bwabereye muri Kayonza.

Bamwe mu bishe abacuruzi bagenzi babo, aho ngo bari bayobowe na Kanyangoga afatanyije n’uwari Bugumesitiri Senkware Celestin, wayoboraga Komini Kayonza, aho ngo banafatanyije mu kwica Abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi Gatolika ya Mukarange.
Ndindabahizi yashimye abikorera bo mu Ntara y’Iburasirazuba, kuba bakomeje kuba hafi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Yasabye abitabiriye uyu muhango kurushaho gutanga amakuru ku bayazi, ku mibiri itaraboneka kugira ngo nayo ishyingurwe mu cyubahiro.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yashimiye abikorera uruhare bagira mu bikorwa bitandukanye mu Ntara by’umwihariko mu gufasha no kuba hafi abarokotse Jenoside.
Yihanganishije abarokotse, ashimangira ko Leta izakomeza kubaba hafi no kubashyigikira muri byose.

Yanagarutse ku ruhare rwa PSF mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu, hagamijwe kwihutisha iterambere no kugira umuturage utekanye kandi uteye imbere.
Yasabye abitabiriye uyu muhango n’abaturage muri rusange, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside by’umwihariko imvugo n’ibikorwa bisesereza, n’ibindi byose byahembera ingengabitekerezo ya Jenoside.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|