Iya Kane Nyakanga, Burakeye i Rwanda
Humura Ntugipfuye! Ngiri ijambo ryasubije umutima mu gitereko. Uhereye muri Mata ukagera muri Nyakanga, mu bice byose by’u Rwanda, uwumvise iri jambo wese yariruhutsaga kuko igihe cyo kwirirwa utazi ko uri buramuke, no kuramuka utazi ko uri bwirirwe cyabaga kirangiye. Ni ijambo ry’icyizere kuko ryatumye benshi bahaguruka bakajya gushaka imibereho, kuko bari bizeye ko ejo bazabaho.

Jenoside yakorewe Abatutsi yasize imfubyi n’abapfakazi, bose bafite imitima ishengutse. Yasize kandi igihugu cyuzuye amatongo. Nta n’umuntu n’umwe wari ufite icyizere cy’ejo hazaza. Igihugu cyari gikuwe mu maboko y’abanzi, ariko urugamba nyakuri rwo kwibohora nibwo rwari rutangiye: Urugamba rwavanye igihugu mu matongo, uyu munsi kikaba gihagaze uko tukireba uyu munsi.
Urugamba rwo kubohora igihugu rwatangiye muri 1990, ni urugamba rutari rworoshye kuko rwajemo ibintu byinshi bitari byiteguwe, ndetse umuntu atanatinya kwita ibyago. Gupfusha ku ikubitiro umugaba w’urugamba Nyakwigendera Maj. Gen. Gisa Fred Rwigema, hamwe n’abandi bayobozi benshi b’ingabo baguye ku rugamba uko imyaka yagiye ihita; amananiza mu mishyikirano yazanwaga na Leta ya Habyarimana kugera ubwo bita amasezerano ya Arusha ibipapuro; hamwe n’ibindi byinshi byari urucantege ku Nkotanyi zari ku rugamba. Ariko kubera ko barwaniraga ukuri, ntibigeze bateshuka ku ntego ndetse biza kurangira bayigezeho, igihugu barwaniye.

Njya nkunda kumva aho iz’amarere zatubohoye ziganira ku rugamba rwo guhagarika Jenoside. Inkuru zabo zigisha urubyiruko kwihangana no kwitanga tutizigama. Babayeho mu buzima bugoye: imbeho yo mu rugano, izuba ry’igikatu, inzara no gukora urugendo rurerure n’amaguru, hakiyongeraho guhangana n’umwanzi ubarusha ibikoresho ndetse n’ubwinshi. Ntabwo ariko ibyo byose byabaciye intege kubera ko bari bazi icyo barwanira. Hejuru yo kurwanira intego, bari bafite gukunda igihugu ari na byo byatumye bitanga batizigamye ku rugamba, kugera ubwo hari n’abahasize ubuzima baharanira kurokora Abatutsi bicwaga, maze u Rwanda rurongera rubaho.
Uwo muco wo gukunda igihugu barawukomeje ndetse bawuhaho umurage urubyiruko rwa nyuma ya Jenoside by’umwihariko, n’Abanyarwanda bose muri rusange. Nguko uko twatojwe kwishakamo ibisubizo tutarinze gutegereza ak’i muhana; nguko uko twatojwe umuco wo kwigira; ngibi ibituma tugeze aho turi uyu munsi, kandi urugendo ruracyakomeje.
Uyu munsi, Kwibohora bikorwa mu isura nshya irenze iy’ibirori: Buri tariki 4 Nyakanga tubona Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ataha ku mugaragaro ibikorwaremezo ingabo z’u Rwanda zubakiye abaturage hirya no hino mu gihugu. Abo baturage bakurwa mu manegeka bagatuzwa aheza, bakegerezwa amashuri n’amavuriro, hamwe n’indi mishinga ibafasha gukomeza kwiteza imbere. Tariki ya Kane Nyakanga buri mwaka izana umucyo mu buzima bw’abaturage.

Urugamba rwo kwibohora rurakomeje. Nk’uko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame akunze kubivuga, umwanzi uhari uyu munsi ni ubukene. Iyo tubona ibikorwa bitandukanye byo kwiteza imbere mu rubyiruko; guhanga udushya mu mishinga itandukanye igamije kuzamura imibereho y’abaturage ari na ko itanga imirimo mu rubyiruko, kuri ubu rwahagurukiye gukura amaboko mu mifuka rugakora; urwo na rwo ni urugamba rwo kwibohora rukomeje, twibohora ubukene. Ni umucyo ukomeje gusakara i Rwanda.
Twaribohoye. Umuhanzi yararirimbye ati “U Rwanda ruragendwa ijoro n’amanywa.” Ahari umutekano iterambere ntirihatangwa, bikomeje kwigaragaza. Ntabwo tuzatatira igihango cy’abagendeye ku bimene by’amacupa kugira ngo uyu munsi tugendere ku bimene by’ibicuma.
Harakabaho Inkotanyi
Inkotanyi ni Ubuzima
Mwarakoze Inkotanyi
Inkuru zijyanye na: kwibohora26
- Perezida Kagame yashimiye ababohoye u Rwanda
- Tariki 01 Ukwakira 1990: Twibukiranye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda
- Gupfusha abasirikare n’abayobozi ntibyaduciye intege – General Kabarebe
- Kibonge cya Musituni ntiyaciwe intege no kwiga wenyine mu bana 23 bavukana
- Rwamagana: Barishimira imihanda ya Kaburimbo yongerewe mu mujyi n’inzu zubakiwe abatishoboye
- Ruhango: Abatishoboye bubakiwe inzu zizatuma bagira imibereho myiza
- Uyu musozi waradufashije kuko twabaga tureba ibirindiro byose by’umwanzi - Lt Col (Rtd) Ndore Rulinda
- Muhanga: Inzu z’abatishoboye n’ibiraro byo mu kirere bujuje ni intambwe ishimishije mu kwibohora
- Mfite icyizere cyo kuzandika amateka ku rugamba rwo kwibohora – Perezida Kagame
- #Kwibohora26: Iburengerazuba bibanze ku gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage
- Uyu munsi ndamutse mpfuye nabwira ababyeyi banjye ko ibyo barwaniye byagezweho – Tom Close
- Gisagara: Barashimira Perezida Kagame kubera ikusanyirizo ry’amata begerejwe
- Kamonyi: Barishimira umuyoboro w’amazi meza n’inzu z’abatishoboye bujuje
- Intama yagaragaye hamwe n’Inkotanyi ntiyari umupfumu wacu - Gen. Kabarebe
- #Kwibohora26: Ibikorwa biteza imbere abaturage byatwaye Miliyari 88 FRW
- Nyagatare: Mu ruzinduko rwa Perezida Kagame hagarutswe ku ishingwa ry’umutwe w’ingabo zabohoye igihugu
- #Kwibohora26: Ibikorwa remezo bya Siporo byariyongereye, Abanyarwanda barasusuruka
- Kurwanya COVID-19 ni urundi rugamba tugomba gutsinda - Perezida Kagame
- Nyagatare: Perezida Kagame yasobanuriwe impamvu ibitaro bya Gatunda byadindiye
- Impundu zitashye i Butahwa
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Buracyeye i Rwanda????
Kuli benshi burije ahubwo.
Kubara uwaliraye. Ali hehe Mama,balihe hehe umulyango yazimiye yose?