Imibiri ishyinguye mu rwibutso rwa Kivumu muri Rutsiro igiye kwimurirwa mu rwa Nyundo
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko imibiri y’abazize Jenoside yakowe abatutsi mu 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Kivumu muri ako karere igiye kwimurirwa mu rwibutso rwa Nyundo mu Karere ka Rubavu.
- Urwibutso rwa Nyundo ruzakira imibiri izava ku Kivumu muri Rutsiro
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Emmerance Ayinkamiye, avuga ko icyo gikorwa kizaba tariki ya 9 Mata 2021, aho imibiri 147 yari mu rwibutso rwa Kivumu izimurwa ikajyanwa mu rwibutso rwa Nyundo.
Niyonsenga Philipppe ukuriye Ibuka mu Karere ka Rutsiro avuga ko kwimura iyo mibiri ivanwa mu Rutsiro ikajyanwa i Rubavu byasabwe n’abarokotse Jenoside yakowe abatutsi batuye mu cyahoze ari Komini Nyamyumba, ibyo bikaba byiyongeyeho gahunda ya Leta yo gushyira mu nzibutso ziteguye neza kandi zikurikiranwa.
Agira ati "Twahisemo kuyijyana mu Rwibutso rwa Nyundo kuko rutunganyije, ikindi abarokotse Jenoside yakowe abatutsi batuye i Kivumu na Nyamyumba ni bo babyifuje kuko biborohera mu gihe Akarere ka Rutsiro katarabona urwibutso rwako rutarubakwa, bagasanga imibiri yimuriwe ahazubakwa urwibutso rw’Akarere hababera kure".
Niyonsenga avuga ko urwibutso rwa Kivumu rufite amateka kandi ko hazashyirwa urwibutso rw’amateka nubwo imibiri izaba yahakuwe.
Niyonsenga avuga ko Kivumu ifite amateka kubera ubwicanyi bwahakorewe bitewe na bariyeri zari zihari.
Ati "Hariya hantu hafite amateka, niho hari umuhanda uva ku Kibuye uza ku Gisenyi, hari Abatutsi bawukoresheje mu guhunga barahafatirwa kuko hari bariyeri zikomeye bakahicirwa. Ikindi hari abapadiri bahigwaga biciwe kuri Paruwasi ya Kivumu, barimo Padiri Gatore Thadée na Padiri Nsengiyumva Venuste, bose baguye kuri paroisse gatorika ya Kivumu".
Akomeza avuga ko hari bariyeri yiciweho abantu, ariko hari n’izindi bariyeri eshatu zari kuri paruwasi, na ho hiciwe abantu benshi.
Amwe mu mazina y’interahamwe zayoboye abandi mu kwica abatutsi harimo abazwi ku mazina ya Zabumwana, Mayere na Gisupu.
Niyonsenga avuga ko ibikorwa byo gusukura imibiri izimurwa byatangiye muri Werurwe uyu mwaka, ubu ibikorwa byarangiye ndetse irimo gushyirwa mu masanduku mashya igashyingurwa.
Yongeraho ko icyo gikorwa kizajyana no kubahiriza ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19 kuko kizitabirwa n’abantu bakeya.
Urwibutso rwa Kivumu ruri mu Karere ka Rutsiro ariko rwegereye Akarere ka Rubavu rukaba rwari mu cyahoze ari Komini Nyamyumba.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka27
- Abanyeshuri n’abayobozi ba Green Hills Academy bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
- Covid-19 yakomye mu nkokora gushaka amakuru ku miryango yazimye muri Jenoside – GAERG
- #Kwibuka27: Mu Bunyambiriri hashyinguwe imibiri 61 y’Abatutsi biciwe i Kaduha
- Amayaga: Tariki 21 Mata, Abarundi baranzwe n’ubugome ndengakamere
- Amayeri ya Burugumesitiri Kagabo mu gutsemba Abatutsi mu yahoze ari Komini Ntongwe
- Imyaka 27 irashize Umwamikazi Rosalie Gicanda yishwe
- Ubuhamya: Inka yababereye igitambo ibakiza Interahamwe zari zije kubica
- Nyiranyamibwa: Kuririmba indirimbo zo kwibuka bihura n’ubuzima nabayemo
- Kinigi: Umututsi wa mbere yicishijwe amabuye mu 1991 (ubuhamya)
- Abarwayi bo mu mutwe muri Caraes Ndera ngo bishwe n’aba ’para-commando’ b’i Kanombe
- Dukomeze umurage w’Abanyepolitiki bishwe muri Jenoside barwanya ikibi - Perezida wa Sena
- Iyo haboneka benshi nka Capt. Mbaye Diagne, hari kurokoka benshi
- Uko Munyanshoza Dieudonné (Mibirizi) yafunzwe mu byitso by’Inkotanyi afite imyaka 12
- Dr Bizimana yagaragaje uburyo ingengabitekerezo yigishijwe kugeza igejeje u Rwanda kuri Jenoside
- Abadukomokaho tubigishe amateka y’ukuri y’u Rwanda - Madamu Jeannette Kagame
- Kirehe: Nyarubuye ku isonga mu bumwe n’ubwiyunge n’ubwo habereye Jenoside ndengakamere
- Abakinnyi n’abatoza ba APR BBC basuye urwibutso rwa Nyanza
- Ihungabana rigenda rifata intera uko imyaka ishira – Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside muri Kibungo
- Abanyarwanda barakangurirwa gushyira hamwe mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi – NURC
- Gatenga: Abakoze Jenoside barimo kubakira abayirokotse, bakaba bakomeje no gushaka uko biyunga
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|