Ikigo NESA cyasuye urwibutso rwa Murambi kinaremera abarokotse Jenoside
Abayobozi n’abakozi b’Ikigo gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (National Examination and School Inspection Authority - NESA) basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi ruherereye mu Karere Nyamagabe, bunamira inzirakarengane zazize Jenoside zirushyinguyemo. Banaremeye abarokotse Jenoside batishoboye, mu rwego rwo kubafasha gukomeza kwiyubaka.

Muri icyo gikorwa cyabaye tariki 28 Mata 2023, abayobozi n’abakozi ba NESA basobanuriwe amateka y’abazize Jenoside bashyinguye muri uru rwibutso, barabunamira ndetse bashyira indabo ku mva, mu rwego rwo kubibuka no kubaha icyubahiro.
Umuyobozi wa NESA, Dr. Bahati Bernard, yavuze ko bakozwe ku mutima cyane n’ibyo babonye i Murambi bigatuma bafata ingamba zo kubaka Igihugu cyiza, gifite ejo heza, hazira amacakubiri, kandi ko gusura inzibutso bizajya biba igikorwa ngarukamwaka.
Yongeyeho ko bahisemo kuremera abantu batandatu mu barokotse Jenoside mu rwego rwo kubafasha gukomeza kwiyubaka. Ati: “Twumvise bidahagije kugira ngo tuze dusure uru rwibutso hanyuma tugende. Urwibutso aho ruri mu Karere haba harimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kandi batishoboye. Dukurikije ukwitanga kw’abakozi ba NESA twaje gusanga bariya batandatu ari bo twabasha gufasha tukabashyikiriza ibyo kurya mu bushobozi bwacu hanyuma tukababonera n’uburyo babona icyo kwambara”.

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baremewe, bavuze ko bishimiye cyane ubufasha bagenewe na NESA.
Umwe muri bo witwa Nsabimana Callixte yagize ati: “Ndishimye cyane pe! Hari igihe umuntu aba aryamira aho ariko nk’ubu muba mudukoreye, umuntu akabasha kubona icyo gushyira mu nda. Imana ijye ibaha umugisha rwose”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe wungirije Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Uwamariya Agnès, yashimiye cyane ubuyobozi bwa NESA, ndetse avuga ko kwibuka binyuze mu gusura inzibutso bitanga ubutumwa bukomeye mu kumenya ukuri.
Uwamariya yanenze cyane abagihakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ariko agaragaza ko Igihugu kiticaye ubusa.
Ati: “Birababaje cyane kuba umuntu uzi ubwenge kugeza ubu akaba atarumva umurongo mwiza Ighugu kirimo wo kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda ngo na we abashe guhinduka. Ariko n’ubwo bwose bimeze gutyo, dushima cyane Leta y’ubumwe irangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ko hariho imbaraga z’uko dukumira ibyo byose.”

Yongeyeho ati “Ni yo mpamvu dushyira imbaraga mu kwigisha urubyiruko ayo mateka bakayamenya, n’utarabashije kuba muri ayo mateka nk’urubyiruko iyo abibonye arasobanukirwa kandi iyo abisobanukiwe avanamo isomo ko nta kintu cyaruta ubumwe bw’Abanyarwanda”.




Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|