IBUKA irasaba abafite amakuru y’ahari imibiri y’Abatutsi itarashyingurwa mu cyubahiro kuyatanga
Mu gihe harimo kwibukwa ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, iy’Urubyiruko n’Umuco hamwe n’Ibigo bya Leta bahuriye mu nyubako bakoreramo, bibutse Abatutsi bazize Jenoside mu 1994.

Ni umuhango wabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kuri uyu wa Kane tariki 14 Mata 2022, witabirwa n’abakozi barenga 250. Wabimburiwe no gushyira indabo aharuhukiye imibiri irenga ibihumbi 250 y’Abatutsi bishwe bazira ubwoko bwabo mu 1994.
Ibiganiro byose byagarukaga ku mateka na Politiki mbi by’icuraburindi ry’urwango byagiye biranga u Rwanda guhera mu 1959, aho Abatutsi bagiye batotezwa, bameneshwa ndetse bakanicwa kugera mu 1994 ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yashyirwaga mu bikorwa hakicwa abarenga Miliyoni mu gihe cy’iminsi 100 gusa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umuryango IBUKA wita ku nyungu z’abarokotse Jenoside, Naphtal Ahishakiye, avuga ko kwibuka bituma bagira imbaraga zo kongera kubaho, kuko abo bibuka babibukiraho byinshi, gusa ngo haracyari ibibazo birimo n’iby’abantu badashaka kugaragaza aho imibiri y’Abatutsi bishwe iri.
Ati “Imibiri tutarabona icyo nemera ni uko hari abantu bazi aho iri. Jenoside yakozwe ku manywa ari n’uwishe nijoro yarabivugaga, ku buryo ahantu imibiri iri harazwi, n’aho tuyikura uyu munsi bishimangira ko n’ahandi isigaye harazwi, abantu babishatse Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda ifite ubushake, n’ubushobozi, no mu cyumweru kimwe iyi mibiri yatunganywa igashyingurwa, iki kintu tukakivaho tukajya ku kindi”.

Akomeza agira ati “Ubu ngubu imibiri tubona ahanini tuyerekwa n’urubyiruko, ni abana bato, iwabo babona amaze kuba mukuru, bagatangira kujya babivuga, ryamugwa mu gutwi akaza akakubwira ati rwose ntimuzabakurikirane ariko iwacu hari imibiri, mwagenda koko mugasanga irahari”.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco Rosemary Mbabazi, avuga ko mu bihe byaranze itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, urubyiruko rwigishijwe n’ubutegetsi bubi urwango no kwica ku buryo ibikorwa byarwo byaranzwe n’urwango ndengakamere.
Ati “Hari ubushakashatsi twakoze nka Minisiteri y’Urubyiruko Umuco na Siporo bikiri kumwe mu 2019, bwagaragaje ko n’uwari Minisitiri w’urubyiruko n’amashyirahamwe mu 1989 kugera mu 1994, Callixte Nzabonimana yagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, anahanwa n’urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, ku buryo yahawe igihano cyo gufungwa burundu”.

Akomeza agira ati “By’umwihariko muzi ko uwari Minisitiri w’Umuryango n’Iterambere ry’abagore kuva mu 1992 kugera mu1994 Pauline Nyiramasuhuko na we yagize uruhare rukomeye muri Jenoside ubu arafunze, za Minisiteri dushinzwe dufite uruhare rukomeye cyane, rwo gutoza urubyiruko umuco n’indangagaciro, kubarinda ikibi, kubagaragariza ikibi, bituruka mu muryango bikagera ku rubyiruko”.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Jeannette Bayisenge, avuga ko umuryango ari wo rukundo n’ishingiro by’umuryango mugari w’Abanyarwanda, ukaba igicumbi cy’indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.
Ati “Kandi kugira ngo Jenoside ishoboke ni uko uyu muco wabanje kujanjagurwa, umuryango urajanjagurwa, bivuze ko uruhare dufite nka Minisiteri ni urwo kugarura uyu muco, kongera kubaka umuryango, bityo turakomeza gukangurira buri wese kubaka umuryango utekanye, aho amacakubiri n’ingengabitekerezo bitarangwa, twirinde guha abana bacu amateka agoramye, turwanye ingengabitekerezo yo ku ishyiga”.


Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ohereza igitekerezo
|