Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
Abakurikiranira hafi iby’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Huye, bifuza ko hamenyekana irengero ry’Abatutsi bahigaga bahiciwe, kugira ngo ababo babashe kubashyingura mu cyubahiro.

Iki cyifuzo bongeye kukigaragaza ku Cyumweru tariki 21 Gicurasi 2023, ubwo muri iri shuri bibukaga ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uhagarariye AERG muri PIASS, Nyilimbibi Gilbert yagize ati “Mutwereke aho baguye. Niba ari aho bararaga tubimenye, niba ari na hano turi tubimenye. Hano haba harimo abanyeshuri b’abanyamahanga, ku buryo iyo natwe Abanyarwanda turimo tubazanya amakuru, usanga bavuga ko bigayitse.”
Yunganiwe na Claudine Murekatete, umwe mu bagize Komite nyobozi ya IBUKA mu Karere ka Huye, na we wagize ati “Nk’uko tubizi, abantu bicwaga abandi bahari. Ntabwo bivuze ko ahangaha habuze umuntu n’umwe wahagarara ku makuru y’uburyo abo bantu bishwe n’aho bajugunywe, kugira ngo bahakurwe, bashyingurwe mu cyubahiro, n’imiryango yabo iruhuke ku mitima.”

Yanavuze ko kuba harabuze utanga amakuru ari ibyo kugawa, afatiye ku kuba muri PIASS harigaga abantu batozwa kuba abakozi b’Imana, maze yungamo ati “Byari bikwiye ko niba koko tuzi kandi twubaha Imana dukorera, aha haba umwihariko wo kugira ngo hakorwe ikintu cy’ubumuntu, wenda turenge Jenoside yabaye ariko noneho tugire umukoro wo kuvuga ngo hariya hari abantu, bakurwemo, bashyingurwe mu cyubahiro.”
Umuyobozi w’ishuri PIASS, Dr Penine Uwimbabazi, avuga ko kugeza ubu Abatutsi bazize Jenoside bazwi muri iri shuri rikuru ry’Abaporotesitanti ari batandatu, harimo abanyeshuri batanu n’uwari umuyobozi muri ryo. Icyo gihe ryitwaga ishuri rya tewolijiya, ryabaye PIASS nyuma ya Jenoside, rimaze kongerwamo andi mashami.
Agira ati “Hari ubushakashatsi bwakozwe, tubasha kumenya ko hari abanyeshuri batatu muri bo baguye hano mu kigo, ariko mu by’ukuri ntiturabasha kumenya aho babashyize. Ubushakashatsi buracyakomeje, ariko turizera ko tuzageza igihe tubabona, na bo tukabashyingura mu cyubahiro.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, we yifuje ko ubushakashatsi ku kumenya amateka ya Jenoside muri PIASS bwakomeza, n’abanyeshuri bakaba babigiramo uruhare.
Yanasabye abanyeshuri guharanira kumenya amateka y’u Rwanda muri rusange, aho batazi bakaba basobanuza, kugira ngo bamenye aho u Rwanda rwavuye bityo babashe no kumenya aheza rurimo kugana, kandi na bo bagire uruhare mu kurwubaka.

Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Habonetse ubuhamya bushya bwerekana ubugome bwa Padiri Munyeshyaka
Ohereza igitekerezo
|
Bazakurikirane bahereye ku bahigaga muri icyo gihe kandi bamwe bazwi aho batuye.