Harategurwa filime mbarankuru ishinja MINUAR gutererana Abatutsi, igashinjura u Bubiligi
Perezida wa Ibuka, Egide Nkuranga, atangaza ko hari impuguke z’Ababiligi zimaze kwegeranya ubuhamya butegura filime mbarankuru izagaragaza uburyo n’impamvu Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zitwaga MINUAR, zatereranye Abatutsi bari bazihungiyeho muri ETO-Kicukiro.

Nkuranga avuga ko iyo filime izavana icyasha kuri Leta y’u Bubiligi yashinjwe koshya ingabo za MINUAR kuva mu butumwa bw’amahoro zarimo mu Rwanda, bigatuma zitererana Abatutsi mu maboko y’Interahamwe na Ex FAR (ingabo zari iza Leta icyo gihe).
Nkuranga yatangarije ibi ku rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro ku wa Mbere, nyuma yo kumva ubuhamya bw’umwe mu baharokokeye witwa Hodari Marie-Rose.
Nkuranga avuga ko hari urubanza rwabereye mu Bubiligi, aho Leta y’icyo gihugu yaregwaga guhatira Umuryango w’Abibumbye gucyura ingabo zawo za MINUAR, kuko ngo Ex FAR yabahozaga ku nkeke ibashinja guhanura indege yari itwaye Perezida Habyalimana.
Agira ati “Amakuru twari dufite ni uko (Ex FAR n’Interahamwe) bashyize igitutu kuri UN koko abo basirikare baragenda, ariko urwo rubanza rwarabaye bisa nk’aho Leta y’u Bubiligi yatsinze, kuko yagaragazaga ko ari MINUAR yabacyuye atari yo”.
Ati “Aha rero nkabamenyesha ko hari itsinda ry’Ababiligi barimo n’abashakashatsi, rikaba riyobowe n’umuprofeseri witwa Joel Kotek, barimo gukora filime mbarankuru izagira ingaruka ku cyemezo cyafashwe n’urukiko, cyakuye icyaha kuri Leta y’u Bubiligi”.
Perezida wa Ibuka avuga ko iryo tsinda ry’abashakashatsi riherutse mu Rwanda rije kwegeranya ibyo abatangabuhamya batandukanye bavuga, akaba yizeye ko ibizavamo hari icyo bizamara.

Nkuranga avuga ko kuva mu myaka ya 1959, 1961, 1963 kugera mu 1994, Abatutsi ngo bari basanzwe bahungira muri ETO Kicukiro kuko habagamo abapadiri b’aba Seliziyani babahungisha itotezwa kuko bitwaga Inyenzi, hakwiyongeraho n’uko ingabo za MINUAR zahacumbitse muri 1994 bajyayo bafite icyizere gisesuye.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Donatille Mukabalisa yavuze ko Urwibutso rwa Nyanza ari ikimenyetso cy’ubugwari bw’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda (MINUAR), zitatabaye Abatutsi bicwaga nyamara ari yo gahunda yari yabazanye.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ohereza igitekerezo
|