Guverineri Habitegeko yagaragaje ko Jenoside yashobotse kubera Politiki mbi
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, avuga ko politiki mbi yatumye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ishoboka, nyamara icyagombaga gushyigikirwa ari uko Abanyarwanda babana mu mahoro.

Abashaka kugoreka amateka bitwaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi yatewe n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana Juvenal, ariko si byo kuko Ngororero ifite umwihariko w’uko kuva mu 1990 Abatutsi batangiye kwicwa.
Guverineri Habitegeko avuga ko abicanyi bakoraga Jenoside aho guhanwa bakagororerwa, politiki mbi ikimakaza ubugome bwo gutsemba igice kimwe cy’Abanyarwanda, kandi bari bakwiye kubaho no kubana mu mahoro.
Agira ati "Umusaruro twakuye muri Pilitiki mbi ni uyu wo kuza Kwibuka abacu bishwe nabi bakajugunywa muri Nyabarongo, ntabwo ari ko byari bikwiye kugenda kuko ntawe utarifuzaga kubaho, ariko ubuyobozi bubi bwagize uruhare mu kumara abantu, aho kubafasha kubaho no kugira ubuzima. Nta kundi ni uguhora tubibuka tukanibuka ko ubuyobozi bubi bugira ingaruka ku bayoborwa, bityo bidakwiye gusubira".
Guverineri Habitegeko avuga ko umunyepolitiki w’uyu munsi atandukanye n’uwo hambere, kuko ubu asabwa kubanisha neza abaturage, kubigisha kuba umwe, gutekereza kure no kubazwa inshingano, bigaragaza itandukaniro rya politiki yakanguriraga abaturage kwanga abaturanyi babo.
Agira ati "Kuba twibuka amateka tukarahirira rimwe ko bitazongera, ni imbuto nziza yeze kuri politiki nziza y’uyu munsi, umunapolitiki asabwa gusa kwereka umuturage uko yiteza imbere no kugira ubuzima bwiza, no kurushaho kubaka Igihugu".

Tariki ya 13 Mata 1994, nibwo Abatutsi basaga ibihumbi 25 biciwe kuri Paruwasi ya Muhororo mu yahoze ari Komini Kibilira, naho ku mugezi wa Nyabarongo hakaba hibukirwa abasaga 400 bahiciwe bakanarohwa muri uwo mugezi, amazina yabo akaba yanditse ku rwibutso rwahashyizwe.
Perezida wa Ibuka mu Karere ka Ngororero, Ntagisanimana Jean Claude, avuga ko ayo amakuru y’abishwe bakajugunywa muri Nyabarogo agikomeje gukusanywa, kugira ngo n’abandi bazamenyekana, amazina yabo azandikwe ku rwibutso ruri kuri uwo mugezi.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|