Guverineri Habitegeko yagaragaje ko Jenoside yashobotse kubera Politiki mbi
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, avuga ko politiki mbi yatumye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ishoboka, nyamara icyagombaga gushyigikirwa ari uko Abanyarwanda babana mu mahoro.
- Guverineri Habitegeko avuga ko Politiki mbi yatumye Abanyarwanda bica bagenzi babo kandi ntihabeho guhana
Abashaka kugoreka amateka bitwaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi yatewe n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana Juvenal, ariko si byo kuko Ngororero ifite umwihariko w’uko kuva mu 1990 Abatutsi batangiye kwicwa.
Guverineri Habitegeko avuga ko abicanyi bakoraga Jenoside aho guhanwa bakagororerwa, politiki mbi ikimakaza ubugome bwo gutsemba igice kimwe cy’Abanyarwanda, kandi bari bakwiye kubaho no kubana mu mahoro.
Agira ati "Umusaruro twakuye muri Pilitiki mbi ni uyu wo kuza Kwibuka abacu bishwe nabi bakajugunywa muri Nyabarongo, ntabwo ari ko byari bikwiye kugenda kuko ntawe utarifuzaga kubaho, ariko ubuyobozi bubi bwagize uruhare mu kumara abantu, aho kubafasha kubaho no kugira ubuzima. Nta kundi ni uguhora tubibuka tukanibuka ko ubuyobozi bubi bugira ingaruka ku bayoborwa, bityo bidakwiye gusubira".
Guverineri Habitegeko avuga ko umunyepolitiki w’uyu munsi atandukanye n’uwo hambere, kuko ubu asabwa kubanisha neza abaturage, kubigisha kuba umwe, gutekereza kure no kubazwa inshingano, bigaragaza itandukaniro rya politiki yakanguriraga abaturage kwanga abaturanyi babo.
Agira ati "Kuba twibuka amateka tukarahirira rimwe ko bitazongera, ni imbuto nziza yeze kuri politiki nziza y’uyu munsi, umunapolitiki asabwa gusa kwereka umuturage uko yiteza imbere no kugira ubuzima bwiza, no kurushaho kubaka Igihugu".
- Bashyize indabo ahashyinguye imibiri y’Abatutsi biciwe mu Ngororero
Tariki ya 13 Mata 1994, nibwo Abatutsi basaga ibihumbi 25 biciwe kuri Paruwasi ya Muhororo mu yahoze ari Komini Kibilira, naho ku mugezi wa Nyabarongo hakaba hibukirwa abasaga 400 bahiciwe bakanarohwa muri uwo mugezi, amazina yabo akaba yanditse ku rwibutso rwahashyizwe.
Perezida wa Ibuka mu Karere ka Ngororero, Ntagisanimana Jean Claude, avuga ko ayo amakuru y’abishwe bakajugunywa muri Nyabarogo agikomeje gukusanywa, kugira ngo n’abandi bazamenyekana, amazina yabo azandikwe ku rwibutso ruri kuri uwo mugezi.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Habonetse ubuhamya bushya bwerekana ubugome bwa Padiri Munyeshyaka
- Minisitiri Dr. Bizimana yasabye urubyiruko kutirara ngo rwibagirwe aho Igihugu cyavuye
- Abanyarwanda batuye muri UAE bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gisagara: Abakozi b’Ibitaro bya Kibilizi bibutse Jenoside, bafasha uwayirokotse kwigira
- Nyagatare: Bibutse Abatutsi bishwe bari batuye mu yahoze ari Komini Muvumba
- Abarokotse Jenoside batishoboye bifuza ko amafaranga y’ingoboka bagenerwa yongerwa
- Abazize Jenoside batubereye ibitambo, tubafitiye umwenda wo kubaho neza - Uwarokotse
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|