Gakenke: Bunamiye Abatutsi bishwe muri Jenoside bajugunywa muri Nyabarongo
Mu matariki 11 Mata 1994, nibwo Abatutsi baturutse mu byari amakomini, ubu hakaba ari mu turere twa Muhanga na Gakenke, bishwe bakajugunywa mu mugezi wa Nyabarongo ku kiraro cya Gahira.

Ni ikiraro cy’abanyamaguru gihuza imirenge ya Rongi mu Karere ka Muhanga na Ruri muri Gakenke, kikaba gifite amateka mabi nyuma y’uko cyifashishijwe cyane muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abatabarika bishwe bajugunywa muri Nyabarongo.
Ni muri urwo rwego, ku itariki 11 Mata 2022, Akarere ka Gakenke kunamiye inzirakarengane zajugumywe muri uwo mugezi ku kiraro cya Gahira, hanatangirwa ubutumwa bunyuranye ku baturage bitabiriye icyo gikorwa.

Uhagarariye Ibuka mu Karere ka Gakenke, Dunia Sa’adi, yasabye abaturage gukomeza kwirinda ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside, anasaba urubyiruko guharanira kumenya amateka mabi yaranze igihugu cy’u Rwanda, no gusigasira ibyiza kimaze kugeraho.
Ni ubutumwa bwashimangiwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Uwamahoro Marie Thérèse, wasabye abaturage kwirinda ikintu cyose cyagarura umwuka mubi mu Banyarwanda, kirimo amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside, abasaba guharanira gutanga amakuru y’aho imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro iri, kugira ngo nayo ishyingurwe.

Gahira ni ikiraro cyakomeje kugaragaza amateka mabi, aho no mu mezi make ashize cyangijwe n’abagizi ba nabi, imigenderanire hagati y’Akarere ka Gakenke na Muhanga yari yarahagaze, kikaba cyongeye gusanzwa inzira iba nyabagendwa.



Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|