CNLG: Gushyingura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bizaba nyuma ya #COVID19
Uturere twari twarateguye ibikorwa byo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yabonetse, kimwe no kwimurira imibiri mu zindi nzibutso, bizakorwa nyuma ya COVID-19.
Ni igikorwa ubuyobozi bwa Komisiyo Ishinzwe Kurwanya Jenoside (CNLG) buvuga ko kizakorwa nyuma ya COVID-19 kubera ingamba zo kwirinda iki cyorezo zashyizweho.
Gacendeli Devota ushinzwe inzibutso muri CNLG yatangarije Kigali Today ko mu turere nka Ruhango, Nyamasheke, Karongi na Rubavu bari bafite ibikorwa byo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe cy’icyunamo, ariko ko bizakorwa nyuma y’iki cyorezo cya COVID-19.
Mu Karere ka Ruhango ubuyobozi bwari bwaganiriye n’abafite imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ishyinguye mu ngo kwemera ko izashyingurwa mu rwibutso, ndetse icyorezo cya COVID-19 cyageze mu Rwanda ibiganiro hagati y’ubuyobozi n’abashyinguye ababo mu ngo bamaze kumvikana ko imibiri 124 izashyingurwa mu rwibutso.
Mu Karere ka Rubavu hari hateganyijwe gushyingurwa mu rwibutso rwa Komini Rouge imibiri 144 yabonetse ku kibuga cy’indege ariko iki gikorwa gishobora kurenza igihe cyari cyateganyirijwe.
Mu Karere ka Rubavu bari bateganyije kwimura imibiri 448 ishyinguye mu rwibutso rwa Rugerero ikimurirwa mu rwibutso rwa Komini Rouge tariki ya 30 Mata 2020, naho imibiri ishyinguye mu rwibutso rwa Kivumu mu Karere ka Rutsiro na yo yagomba kwimurirwa mu rwibutso rwa Nyondo.
Mu Karere ka Karongi hari hateganyijwe gushyingurwa imibiri ine mu rwibutso rwa Gashari ikuwe aho yari yarashyinguwe n’umuryango mu Murenge wa Mutuntu, ahandi bagomba gushyingura ni mu Murenge wa Mubuga aho barimo kuvugurura urwibutso no gutunganya imibiri yabonetse, ibikorwa byo gushyingura bikaba biteganyijwe mu kwezi kwa Kamena.
Mu Karere ka Nyamasheke, umuyobozi w’Akarere avuga ko bari bafite gahunda yo guhuza inzibutso, imibiri yari imaze kwimurwa igashyingurwa mu kwezi kwa Mata, ariko ntibyakunda kuko barimo kwibukira mu rugo, ariko bateganya ko mu minsi 100 bazabikora.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|