CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
Umuyobozi w’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), Dr. Sabin Nsanzimana, arasaba abaganga ayobora ko hatazongera kuboneka uhapfira nyamara bari bafite ubushobozi bwo kumufasha agakira, nk’uko byagenze mu gihe cya Jenoside.
Yabigarutseho tariki 20 Gicurasi 2022, mu gikorwa cyo kwibuka abari abaganga, abarwayi n’abarwaza biciwe muri ibi bitaro mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Yagize ati "Mu gihugu cyose habarurwa abaganga hafi 59 bagize uruhare muri Jenoside. Ariko 1/2 cyabo ni aba hano muri CHUB cyangwa hano mu mujyi wa Butare. Binagaragaza umwihariko mubi abavuzi bagize mu gukora Jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane ahangaha, hari igicumbi cy’abavuzi b’abahanga."
Yaboneyeho gusaba abaganga bafite ubungubu ndetse n’abakiri kubwiga kuzirinda kwitwara nka bagenzi babo bishe ababagana aho kubavura.
Ati "Niba dufite umuhamagaro wo gufasha Imana gukiza umuntu uburwayi n’impanuka, uzatugera mu biganza azatahe yishimye, yakize. Ntihazagire utugwa mu biganza kandi dushobora kumukiza."
Yunzemo ati "Turibuka ibibi byabaye muri uru rugo rwacu, ariko tuniyemeza ko umuntu wese uzajya yinjira aha atazongera kuhasiga ubuzima mu gihe dufite ubushobozi bwo gukora ibishoboka byose agakira."
Abatangabuhamya n’abaganga na bo basaba abaganga kudatatira indahiro
Ildephonse Gasana wari kuri CHUB mu gihe cya Jenoside, yaratemwe mu mutwe no ku maguru ku buryo atanabashaga kugenda, yatanze ubuhamya ku kuntu yahamaze igihe ntawe umwitayeho nyamara yari ababaye, ndetse n’ukuntu Abatutsi bazanwaga ngo bavurwe, bamara gukira bakicwa.
Byamuteye gusaba abaganga kudatoranya ababagana agira ati "Umuganga rwose nabe muganga w’abantu bose."
Isabelle Mukankusi na we wari warahungiye muri ibi bitaro, asobanura ukuntu hari abaganga bagiye bagira uruhare mu kwica abarwayi n’abarwaza. Icyo gihe ngo yari afite imyaka 13.
Agira ati "Nimugoroba, bitangiye kuba nka saa mbili, batwaraga abantu bakajya kubicira hepfo ya maternité. Nigeze guhurira muri corridor n’umuganga, yambaye itaburiya ku manywa, nyamara nari naraye mubonye mu baje gutwara abantu bajya kubica. Icyo gihe narikanze, nsubira inyuma."
Abaganga bo kuri CHUB ubungubu, bagaya imyitwarire ya bagenzi babo batatiye indahiro yabo, mu gihe cya Jenoside.
Albert Busumbigabo ukuriye ishami rya farumasi ati "Ntabwo byumvikana ukuntu umuntu ubundi ushinzwe gutanga ubuzima, aho kuvura umuntu amwica. Ibi biduha isomo rikomeye ry’uko indahiro abaganga bagira idakwiye kuba umuhango wo kugira ngo barangize amashuri, ahubwo bakwiye kubikora babishyizeho umutima, bazi ko bagomba gutanga ubuzima aho gutuma abantu babubura."
Raporo y’Abaganga batagira umupaka bakoreraga kuri CHUB ivuga ko muri CHUB haguye Abatutsi barenga 200, kandi ko abenshi bishwe ku itariki ya 22 n’iya 23 Mata kuko muri iyo minsi ibiri yonyine haguye abasaga 150.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
- Rukumberi: Bibutse abari abanyantege nke bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|