Bibutse abari abakozi ba BRALIRWA bishwe muri Jenoside
Uruganda rwa BRALIRWA rwibutse abahoze ari abakozi barwo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igikorwa cyatangijwe n’urugendo rwerekeza ku rwibutso rwa Gisenyi ruzwi nka Komini Rouge.

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Rubavu, Mbarushimana Gérard, akaba yongeye gushimira ubuyobozi bw’uruganda rwa BRALIRWA, rwateguye igikorwa cyo kwibuka abakozi barukoreraga n’imiryango yabo, kimwe n’abandi Batutsi bishwe muri Jenoside yabakorewe mu 1994, kuko abo bitaga abavandimwe, inshuti n’abo bakoranaga, bizeraga ko babahisha bagakiza ubuzima bwabo, basanze barabaye inyamaswamuntu, ati “abo bose turabibuka”.
Mbarushimana avuga ko n’ubwo ibyo byabaye bitaciye intege abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.
Agira ati “Turabashimira ko mwemeye gutanga imbabazi ku babiciye haba ku bazisabye n’abatarazisabye, mugakomeza kwihangana, kwitanga no kudaheranwa n’agahinda. Ubwo ni ubudasa dukwiriye kubigiraho twese, maze tukabishingiraho dufatanya mu kubaka ejo hazaza heza, hazira amacakubiri, ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside.”

Akomeza ashimira BRALIRWA yashyizeho gahunda yo kwibuka abatutsi bishwe muri Jenoside, ndetse igakomeza kwita ku miryango y’abarokotse, bari bafite ababyeyi n’abavandimwe bakoraga muri icyo kigo, agasaba ko n’ibindi bigo byabareberaho.
Agira ati “Bikwiye kubera urugero rwiza n’ibindi bigo yaba ibyariho mu gihe cya Jenoside n’ibyavutse nyuma, bikajya bitegura gahunda zo kwibuka, kuko zifasha kongera kuganira ku mateka yaranze Igihugu cyacu, no guharanira ko atazongera kuba ukundi.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu, Ruhamyambuga Olivier, avuga ko Abanyarwanda baranzwe n’ubumwe n’ubudaheranwa, mbere na nyuma y’umwaduko w’abakoloni, ndetse agaragaza ko bagize ubutwari bwo guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi mu 1994, mu gihe amahanga yarimo arebera.

Uruganda rwa BRALIRWA rutegura ibikorwa byo kwibuka abakozi barwo bishwe muri Jenoside, ndetse rugakomeza gufata mu mugongo imiryango yabo hafashwa abana biga, n’ubwo abarangije basaba ko bafashwa kubona imirimo.
Kimwe mu bintu byakajije Jenoside yakorewe abatutsi mu Mujyi wa Gisenyi no mu nkengero z’urwo ruganda, harimo kuba rwari rurinzwe bikomeye kubera hari habitswe umurambo wa Perezida Habyarimana, mbere yo kujyanwa mu cyari Zaïre.

Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|