Bibutse abahoze ari abakozi ba Banki ya Kigali (BK) bishwe muri Jenoside
Ubwo bibukaga ku nshuro ya 29 abahoze ari abakozi ba Banki ya Kigali (BK), 15 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubuyobozi bw’iki kigo bwatangaje ko amateka yaranze BK muri Jenoside yakorewe Abatutsi akwiye kujya mu nyandiko.

Uwo muhango wabaye ku wa Gatanu tariki 28 Mata 2023, wabimburiwe no gushyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside ruri ku cyicaro cya BK, uwari uhagarariye Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yibutsa abifatanyije n’icyo kigo mu gikorwa cyo kwibuka, amateka yaranze BK kuva yashingwa mu 1967 kugera nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amwe mu mateka babwiwe harimo uburyo kuva icyo kigo cyashingwa cyatangiranye ibikorwa by’irondamoko, byanatizwaga umurindi n’agace yubatsemo kubera ko ari hamwe mu hantu hakoreraga ibigo bya Leta bikomeye byacuriwemo umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bimwe muri ibyo bigo birimo ibiro bya Perezida wa Repubulika byarimo ishami ry’iperereza byakoreraga ahubatse Umujyi wa Kigali. Hakorerwagamo ibikorwa bitandukanye byo gutoteza Abatutsi. Ku ruhande rwabyo hakoreraga Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane na yo yarimo abantu bagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi barimo Jean Bosco Barayagwiza wari Umuyobozi Mukuru muri iyo Minisiteri.

Ku ruhande gato ahubatse Hotel Marriot hari Minisiteri y’Ingabo z’Igihugu yarimo intagondwa nyinshi z’abasirikare barimo benshi baburanishijwe ku byaha byo gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Iyo Minisiteri yari ituranye n’ikigo cya gisirikare cya Camp Kigali, cyarimo abasirikare benshi n’imiryango yabo bari biganjemo abahezanguni benshi.
Umuyobozi Mukuru wa BK Group, Béata Habyarimana, avuga ko hari ibigo bitandukanye byagiye bikora ubushakashatsi bugaragaza uko mu kazi habagamo ivangura mu myaka yashize kugeza Jenoside ibaye. Yakomoje no ku gitabo bashaka kwandikamo amateka yaranze iyo Banki muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Dutekereza ko natwe nka BK dushobora kugira icyo gitabo kikazafasha n’abandi bazakoramo, kugira ngo twese hamwe tumenye amateka kandi tubashe gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside na Jenoside ubwayo”.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, ivuga ko kwandika amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu zari inzego za Leta n’iz’abikorera zariho kugeza muri Mata 1994, ari umwanzuro wafashwe n’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye muri 2015, ku buryo kuva icyo gihe inzego zitandukanye zagiye zikora ubushakashatsi.
Umukozi wa MINUBUMWE ukora mu ishami ry’ubushakashatsi, Valens Bimenyimana, avuga ko ibigo na za Minisiteri zitandukanye bagiye bakora ubushakashatsi butandukanye ku mateka yabo, kandi ngo hari icyo bifasha.

Ati “Icyo bifasha ni ukumenyekanisha ukuri kw’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kubera ko ubuzima bw’abakoreraga mu rwego uru n’uru, mu kigo nka BK, ni ubuzima bwihariye kuri icyo kigo, ariko bukaba n’ubuzima rusange bw’Abatutsi bose bo mu Rwanda, uko batotejwe, uko bicwaga, uko bimwe amahirwe mu bihe bitandukanye”.
Akomeza agira ati “Ibyo ngibyo yari politike rusange, ariko noneho wagera mu kigo ukahasanga umwihariko. Uwo mwihariko ni ho ugomba kumenyekana kugira ngo uko kuri kwa Jenoside yakorewe Abatutsi gushakwa kumenyekane kandi kube kuzuye”.
Abo mu miryango y’abahoze ari abakozi ba BK bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, bashimiye icyo kigo uburyo kizirikana abahoze ari abakozi bacyo, bibukwa buri mwaka, ariko kandi banasaba ko ababakomokaho barushaho gufasha mu rwego rwo kubona akazi mu gihe hari amahirwe abonetse muri icyo kigo, kugira ngo birusheho kubafasha kwiteza imbere.

Mu bigo bitanu bigize BK Group habarirwa abakozi bagera ku 1,250 benshi bakaba bari hagati y’imyaka 30-40 ku buryo bakeneye kumenya byinshi ku mateka yaranze ikigo bakorera.














Amafoto: Moise Niyonzima/Kigali Today
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|