Barasaba ko urwibutso rwa Buranga rwagurwa
Abarokotse Jenoside mu Karere ka Gakenke, barashimira ubuyobozi ku mbaraga bushyize mu gushyingura mu cyubahiro imibiri y’ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko bagasaba ko urwibutso rwa Buranga rw’ako karere rwagurwa.

Urwo rwibutso rubitse imibiri isaga 1800 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ngo ni ruto hagendewe ku mibiri itaraboneka y’abiciwe muri ako gace, bakaba basaba ko rwongererwa n’ibindi bikorwaremezo, birimo urukuta rwandikwaho amazina y’abarushyinguwemo, nk’uko bivugwa na Dunia Sa’adi, Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Gakenke.
Yavuze ati “Uru rwibutso ni urw’Akarere ka Gakenke, muri standard z’urwibutso hari icyo amategeko n’amabwiriza agena, hari icyumba ndangamateka y’abacu baba baruhukiye hano, ntacyo dufite. Hari amafoto, hari igikuta kigaragaza amazina y’abaruhukiye hano, ntacyo rufite, ariko noneho n’ikindi gikomeye cyane murabona nk’urwibutso rw’akarere turacyashyingura, kubera ko uko imyaka itashye tugenda tubona imibiri hirya no hino, ariko ikigaragara ni uko urwibutso rwenda kuzura”.
Arongera ati “Izo ni zimwe mu mpamvu zikomeye cyane, dutekereza ko ku bufatanye n’ubuyobozi bw’akarere nk’uko twabisabye, uru rwibutso rwiza dufite hakwigwa gahunda yo kurwagura, dore ko rufite n’umwihariko wo kuba rwubatse ahantu hagutse, aho kurwagura bishoboka”.

Uwo muyobozi yavuze ko n’ubwo urwo rwibutso rubereye abazize Jenoside barushyinguyemo kandi rukaba rujyanye n’icyerekezo, aravuga ko mu gihe ruzaba rwaguwe kandi rukongererwa ibindi bikorwa remezo, ari kimwe mu bizarushaho kuruha agaciro.
Ni icyifuzo cyakiriwe neza n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke, bwemeje ko gahunda y’icyiciro cya kabiri mu kwagura urwo rwibutso rwa Jenoside rwa Buranga, bitarenza mu mwaka wa 2023, nk’uko byavuzwe n’Umuyobozi w’ako karere, Nizeyimana Jean Marie Vianney.
Ati “Iyubakwa ry’urwo rwibutso ruri mu byiciro bitatu, aho icyiciro cya mbere cyuzuye, icya kabiri cyo kurwubaka tukazagikora mu mwaka ukurikiyeho, niturangiza icyiciro cya kabiri birashoboka ko abaruhukiye mu zindi nzibutwo nk’urwa Muhondo na Ruli, nabo dushobora kubazana mu rwibutsio rwa Buranga”.

Arongera ati “Ni uburyo bwo kugira ngo barushyeho kwitabwaho, ndetse binaduhe uburyo bwo gukomeza gukurikirana no gufata neza ibindi bimenyetso ndangamateka, byari bisanzwe muri izo nzibutso ebyiri, ibyo byiciro bitatu nibirangira, twasigarana urwibutso rumwe rwitaweho rucunzwe neza”.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ohereza igitekerezo
|