Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
Imiryango y’abari abakozi ba Caisse Sociale bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, irasaba ko abahoze ari abakozi bayo batahigwaga, bajya batumirwa mu gihe cyo kwibuka bakifatanya n’abandi bakora mu kigo cyayisimbuye cya RSSB.

Kuba hari abantu bakoraga mu cyahoze ari Caisse Sociale yaje guhinduka Ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB), batahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko bakaba badatumirwa mu gihe cyo kwibuka abo bakoranaga bishwe bazira ubwoko bwabo, niho imiryango y’abari abakozi ba Caisse Sociale ihera isaba ko nabo bajya batumirwa, kuko bafite byinshi byiza bazi kuri ba nyakwigendera bavuga nk’abantu bakoranye igihe.
Ubwo tariki 29 Mata 2022 hibukwaga ku nshuro ya 28 abari abakozi ba Caisse Sociale 19 bakoraga mu bice bitandukanye by’igihugu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Adelaide Gakwaya wari uhagarariye imiryango y’ababuze ababo bakoraga muri icyo kigo, yasabye ko abari abakozi bacyo batahigwaga bajya bahabwa umwanya mu gihe cyo kwibuka kuko hari byinshi bazi.
Yagize ati “Caisse Sociale yarimo abantu b’abagabo bangana na ba data, cyangwa se barumuna babo, ni abantu bakoranye umunsi ku munsi. Igihe mudutumira nibaza ko byaba byiza abo bantu nabo muzajya mubatumira, kuko barahari nanjye hari abo nzi, iyo jyewe mpagaze aha mvuga ababyeyi banjye, mba mvuga uburyo twabanye, mba nibuka ibyiza bankoreye”.

Yakomeje agira ati “Ariko abakozi bari aba Caisse Sociale babanye umunsi ku munsi, ibyo aribyo byose hari ubuhamya baba bagomba kutubwira, ntabwo mvuze ngo barabishe, ariko ukavuga imibanire y’umuntu, uko mwabanye, ni nabwo bwiyunge bwiza. Ndabibisabiye ubutaha ni mujya mudutumira nabo mujye mubaha umwanya, aho kugira ngo andebere kure, ngo ndi umwana wa Gakwaya, ahubwo ajye yumva ko hari igikorwa twese tugomba guhuriramo cyo kwibuka”.
Ibi ngo bizarushaho gushimangira inzira nziza y’ubumwe n’ubwiyunge, kuko biba bigaragara ko bafatanye urunana, bitandukanye n’uko bikorwa uyu munsi, kuko abenshi mu bakozi ba RSSB ari bashya batari bahari mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, yemera ko bikwiye ko abari abakozi ba Caisse Sociale bakiriho bajya batumirwa mu gihe cyo kwibuka bagenzi babo bakoranaga bishwe.
Ati “Nibyo birakwiye abo bakoraga hano hashize imyaka myinshi, abenshi bagiye mu zabukuru (Retirement), kubabona no kubona umwanya wabo kugira ngo bagere hano cyane cyane nk’abashobora kuba bari mu Ntara, ntibiba byoroshye. Ariko icyo twabemereye ni uko tuzarushaho kubasaba kugira ngo bajye baza bifatanye natwe, niba binasaba ubufasha kugira ngo babashe kugera hano bikorwe, kuko nibwo tuzongera ingufu z’uko abashoboye bajya baza kwifatanya natwe”.

RSSB yanemeye ubusabe bw’imiryango ifite abavandimwe bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakoraga muri Caisse Sociale, bwo kujya batumwaho no mu bindi bihe bitari ibyo kwibuka bakaganirizwa, ndetse n’abana bakiri bato batorohewe n’ubuzima bakagira uko bafashwa.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
- Rukumberi: Bibutse abari abanyantege nke bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|