Bana bacu, bakunzi bacu, muhora mu mitima yacu, tubibuka iteka - Intwaza z’i Huye
Ku wa Gatanu tariki 28 Mata 2023, Abagize Unity Club Intwararumuri bifatanyije n’Intwaza mu rugo rw’Impinganzima i Huye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, bibuka by’umwihariko abana babo, abo bashakanye n’imiryango migari yabo babuze.
- Intwaza zahawe indabo zizitura abo mu miryango yabo
Intwaza zafashe umwanya wo kwibuka abari bagize iyo miryango, babatura indabo, bacana n’urumuri rw’icyizere bagira bati “Bana bacu, bakunzi bacu, muhora mu mitima yacu, tubibuka iteka. Muruhukire mu mahoro ya Nyagasani.”
Intwaza UZABAKIRIHO Thérèse yatanze ubuhamya bw’inzira yo guhigwa no kwicwa yanyuzemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yavuze uko umuryango we wose bawishe, asoza ashimira Perezida Kagame wunamuye icumu, Abanyarwanda bakongera kubona amahoro.
- Intwaza zashimiye abayobozi beza bazitaho
Atangiza umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu rugo rw’Impinganzima i Huye, Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe Ubukungu n’Iterambere, Kamana André, yashimye ababyeyi b’Intwaza bakomeje gutwaza nyuma y’amateka mabi banyuzemo, anashimira Unity Club ihora ibitaho.
Kamana yavuze ko ari igihe cyo kongera kubereka ko n’ubwo babuze ababo ariko bafite igihugu kibakunda.
Umuyobozi wa AVEGA Agahozo, Kayitesi Immaculée, yashimye Unity Club irangajwe imbere na Madamu Jeannete Kagame, ku bw’uruhare bagira mu kwita ku Babyeyi b’Intwaza bafasha kudaheranwa n’agahinda, bikabongerera imbaraga mu kubaka ubudaheranwa.
- Umuyobozi wa AVEGA Agahozo, Kayitesi Immaculée
Ati “Kuba hafi aba babyeyi bibongerera imbaraga bikabaha icyizere cy’ubuzima, bikabafasha kubaka ubudaheranwa”.
Intumwa ya Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Claudine Uwera Kanyamanza, yavuze ko hazabaho gufatanya n’izindi nzego z’ubuybozi zitandukanye mu bikorwa byo gukomeza kwita kuri aba babyeyi b’Intwaza.
- Dr. Claudine Uwera Kanyamanza, Intumwa ya MINUBUMWE
Ati “MINUBUMWE izakomeza gufatanya na Unity Club ndetse n’abandi bafatanyabikorwa mu guharanira ko Ababyeyi b’Intwaza bakomeza kugira imibereho myiza mu rugendo biyemeje rwo gutwaza gitwari”.
Minisitiri Kayisire Marie Solange wavuze mu izina rya Madamu Jeannette Kagame, yijeje ko batazahwema gushimira Intwaza ubutwari bwabaranze nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kuko banze guheranwa n’agahinda.
Hon. Kayisire yasabye abaje kwifatanya n’Intwaza kwibuka kuri iyi nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, gukomeza igihango cyo kubabera abana.
- Minisitiri Kayisire yari ahagarariye Unity Club Intwararumuri
Muri uyu muhango hatanzwe ikiganiro nyunguranabitekerezo ku ruhare rwa Ndi Umunyarwanda mu komora ibikomere mu rubyiruko, cyagizwemo uruhare n’urubyiruko: Delphine Niyongira, Jean Mbarubukeye n’Umurinzi w’Igihango Anaclet Dufitumukiza.
Urugo rw’Impinganzima rwa Huye rutuyemo ababyeyi 99 barimo abasaza 7 n’abakecuru 92.
Umuryango Unity Club Intwararumuri ugamije gutanga umusanzu mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda, washinzwe mu 1996 ukaba ugizwe n’abayobozi bakiri muri Guverinoma n’abayihozemo ndetse n’abo bashakanye.
- Intwaza zacaniye urumuri rutazima imiryango yabo yishwe muri Jenoside
- Indabo batuye imiryango yabo
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Habonetse ubuhamya bushya bwerekana ubugome bwa Padiri Munyeshyaka
- Minisitiri Dr. Bizimana yasabye urubyiruko kutirara ngo rwibagirwe aho Igihugu cyavuye
- Abanyarwanda batuye muri UAE bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gisagara: Abakozi b’Ibitaro bya Kibilizi bibutse Jenoside, bafasha uwayirokotse kwigira
- Nyagatare: Bibutse Abatutsi bishwe bari batuye mu yahoze ari Komini Muvumba
- Abarokotse Jenoside batishoboye bifuza ko amafaranga y’ingoboka bagenerwa yongerwa
- Abazize Jenoside batubereye ibitambo, tubafitiye umwenda wo kubaho neza - Uwarokotse
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|