Amashuri yo mu Buholandi agiye kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko mu bintu bitatu bigiye gukorerwa muri icyo gihugu ku bufatanye na Ibuka ndetse na Leta y’u Buholandi, harimo kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mashuri no mu yandi mahuriro y’abantu.

Amb Nduhungirehe avuga ko amashuri yo mu Buholandi agiye kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amb Nduhungirehe avuga ko amashuri yo mu Buholandi agiye kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu kiganiro yahaye RBA kuri uyu wa 07 Mata 2021, Olivier Nduhungirehe yavuze ko mu Burayi ndetse no mu Buholandi by’umwihariko, hakigaragara abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, n’ubwo abakurikiranyweho kuyikora ngo bacitse intege.

Yavuze ko mu biheruka kugaragara vuba harimo imyigaragambyo no gukwirakwiza inyandiko zipfobya zikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi "kubera umudamu wafunzwe mu Rwanda".

Amb Nduhungirehe yagize ati "Hari ukwigisha amateka ya Jenoside mu mashuri ndetse no gutanga inyandiko za ngombwa kugira ngo ayo mateka arusheho kumenyekana neza, tuzabiganiraho na Leta kugira ngo bishyirwe mu nteganyanyihisho".

Mu bindi Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi ivuga ko izakorana na Leta y’icyo gihugu hamwe n’Umuryango Ibuka-Hollande, harimo ikijyanye no kubaka urwibutso rwa Jenoside mu mujyi wa La Haye, nk’uko mu yindi mijyi y’i Burayi izo nzibutso zamaze kubakwa.

Amb Nduhungirehe yavuze kandi ko agiye kuganira na Leta y’u Buholandi kugira ngo hashyirweho itegeko rihana abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’uko mu Bufaransa no mu Bubiligi iryo tegeko rihari.

N’ubwo ariko iryo tegeko ritaratorwa muri icyo gihugu, Amb Nduhungirehe ashima ko Leta y’u Buholandi ikomeje guhana abahunze inkiko z’u Rwanda bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside.

Yavuze ko uwitwa Mpambara Joseph wari warakatiwe igifungo cya burundu hamwe na Basebya Yvonne wahanishijwe igifungo cy’imyaka itandatu n’amezi umunani, bombi bapfiriye muri gereza zo mu Buholandi.

Hari Munyaneza Jean de Dieu, Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremye Jean Claude bita Nzinga, boherejwe mu Rwanda mu mwaka wa 2016, hakaba na Mugenzi Joseph ndetse na Rutunga Vénant na bo bafunzwe ariko ngo bategereje kuzohererezwa inkiko z’u Rwanda.

Hari n’abandi Banyarwanda bane Amb Nduhungirehe avuga ko bakomeje gukorwaho iperereza, barimo Ndereyehe Charles uri mu bayobora ishyaka FDU-Inkingi.

Amb Nduhungirehe avuga ko aba ari bo bagize uruhare mu gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside mu rubyiruko, ku buryo ngo hari abo imaze kugaragaraho bafite imyaka hagati ya 20-30.

Amb Nduhungirehe avuga ko abaturage b’igihugu cy’u Buholandi benshi na bo batazi amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ahanini bitewe n’uko inyandiko nyinshi ziyivugaho ziri mu ndimi z’Icyongereza n’Igifaransa.

Inkuru zijyanye na: Kwibuka27

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ibi ni ibiwani by’ibyemezo bidafite sustainability kuko nizihindura imirishyo, byose bizaba impfabusa, abanyarwanda twese tukubaka igihugu twese twibonamo, yewe na Nduhungirehe akaruhuka intimba y’urupfu rwabe. It’s a matter of time brothers and sisters, impinduka irugarije,abahitamo amayira, igihe ni icyi.

kayihura alexis yanditse ku itariki ya: 12-04-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka