Ahazabera igikorwa cyo Kwibuka hose basabwa gufata amajwi n’amashusho
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), isaba abantu bose bazategura ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gufata amashusho n’amajwi y’ubuhamya buzatangwa.
- MINUBUMWE mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu
Umunyamabanga Uhoraho muri MINUBUMWE, Clarisse Munezero, avuga ko ayo mateka yose agomba kubikwa n’iyo Minisiteri.
Munezero agira ati "Dusaba abantu gufata amashusho n’amajwi kugira ngo bitugaragarize uko igikorwa cyagenze, ni muri urwo rwego rwo kugira ngo tubungabunge amateka ntihazagire na kimwe kizaducika".
Munezero avuga ko atari ngombwa gukoresha ibikoresho bihambaye, ahubwo ko bashobora kwifashisha telefone nk’igikoresho gifitwe na benshi.
- Umunyamabanga Uhoraho muri MINUBUMWE, Clarisse Munezero
Mu kiganiro MINUBUMWE yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Mata 2023, yavuze ko gahunda yo Kwibuka imaze kuba umuco, kandi ituma Abanyarwanda barushaho kuba umwe.
Minisitiri Dr Jean Damascène Bizimana agira ati "Kwibuka byabaye kamere, byatwinjiyemo, biri mu muco nyarwanda, ubushakashatsi bugaragaza ko Kwibuka byafashije Abanyarwanda barenga 90% kugera ku ntambwe y’Ubumwe".
Minisitiri Bizimana avuga ko abarokotse Jenoside batanga ubuhamya ntawe usoza adashimiye Inkotanyi, ko zamurokoye kandi yabashije kwiyubaka.
- Minisitiri Dr Jean Damascène Bizimana
Akomeza ashima ko ingengabitekerezo ya Jenoside ngo imaze kugabanuka ku rugero rwa 94.7%, ndetse no kugabanya ubukana, ikaba ngo isigaye yigaragaza cyane mu magambo abantu bavuga mu gihe mbere harimo no kwica.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Habonetse ubuhamya bushya bwerekana ubugome bwa Padiri Munyeshyaka
- Minisitiri Dr. Bizimana yasabye urubyiruko kutirara ngo rwibagirwe aho Igihugu cyavuye
- Abanyarwanda batuye muri UAE bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gisagara: Abakozi b’Ibitaro bya Kibilizi bibutse Jenoside, bafasha uwayirokotse kwigira
- Nyagatare: Bibutse Abatutsi bishwe bari batuye mu yahoze ari Komini Muvumba
- Abarokotse Jenoside batishoboye bifuza ko amafaranga y’ingoboka bagenerwa yongerwa
- Abazize Jenoside batubereye ibitambo, tubafitiye umwenda wo kubaho neza - Uwarokotse
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|