Ahazabera igikorwa cyo Kwibuka hose basabwa gufata amajwi n’amashusho
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), isaba abantu bose bazategura ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gufata amashusho n’amajwi y’ubuhamya buzatangwa.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINUBUMWE, Clarisse Munezero, avuga ko ayo mateka yose agomba kubikwa n’iyo Minisiteri.
Munezero agira ati "Dusaba abantu gufata amashusho n’amajwi kugira ngo bitugaragarize uko igikorwa cyagenze, ni muri urwo rwego rwo kugira ngo tubungabunge amateka ntihazagire na kimwe kizaducika".
Munezero avuga ko atari ngombwa gukoresha ibikoresho bihambaye, ahubwo ko bashobora kwifashisha telefone nk’igikoresho gifitwe na benshi.

Mu kiganiro MINUBUMWE yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Mata 2023, yavuze ko gahunda yo Kwibuka imaze kuba umuco, kandi ituma Abanyarwanda barushaho kuba umwe.
Minisitiri Dr Jean Damascène Bizimana agira ati "Kwibuka byabaye kamere, byatwinjiyemo, biri mu muco nyarwanda, ubushakashatsi bugaragaza ko Kwibuka byafashije Abanyarwanda barenga 90% kugera ku ntambwe y’Ubumwe".
Minisitiri Bizimana avuga ko abarokotse Jenoside batanga ubuhamya ntawe usoza adashimiye Inkotanyi, ko zamurokoye kandi yabashije kwiyubaka.

Akomeza ashima ko ingengabitekerezo ya Jenoside ngo imaze kugabanuka ku rugero rwa 94.7%, ndetse no kugabanya ubukana, ikaba ngo isigaye yigaragaza cyane mu magambo abantu bavuga mu gihe mbere harimo no kwica.

Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|