Abazize Jenoside batubereye ibitambo, tubafitiye umwenda wo kubaho neza - Uwarokotse
Patricie Kandekezi ukomoka ahahoze hitwa i Runyinya muri Perefegitura ya Butare, ubu ni mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye, avuga ko yasanze Abatutsi bazize Jenoside barabaye ibitambo by’abayirokotse, bityo bakaba babafitiye umwenda wo kubaho neza.
Yabibwiye abitabiriye igikorwa cyo kwibuka abari abakozi b’amakomine yabumbiwe mu Karere ka Huye bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, cyabaye tariki ya 5 Gicurasi 2023.

Mu buhamya bwe yavuze ukuntu Jenoside iba yari umwarimukazi w’imyaka 32, akaba yari afite umugabo n’abana bane, akaba ku bw’amahirwe yararokotse Jenoside nyamara atarigeze yihisha kuko yabaye kuri CHUB nyuma y’uko yatewe inkota akanakubitwa ubuhiri bufite imisumari mu mutwe; ahirukanwe ajya kuba kuri EAR, hanyuma kuri Perefegitura.
Inkotanyi ziza yari yarajyanywe mu Irango, mu rwego rwo “gukura umwanda kuri Perefegitura” aho hamwe n’abandi bari kumwe ngo bari barindirijwe kuzicwa ku itariki ya 5 Nyakanga, borosa Perezida Habyarimana ngo wari gushyingurwa kuri iriya tariki.
Jenoside yahitanye abe ndetse n’umugabo we, ariko ku bw’amahirwe abana be bararokoka.
Nyuma ya Jenoside yaharaniye kwigira kuko yabashije no kwiga kaminuza, akayiga mu gihe umwana we w’imfura we yari hafi kuyirangiza.

Yashoje ubuhamya bwe asaba abarokotse Jenoside guharanira kwigira, bagakora ahabo n’ah’ababo bagiye.
Yagize ati “Mu gihe twibuka abacu, tujye twibuka indangagaciro zabarangaga. Amaraso yabo yamenetse yabaye ibitambo twebwe tubaho, umwenda dufite rero ni uwo gukora ibyiza kandi tukabaho neza. Umwenda dufitiye igihugu n’Inkotanyi zaturokoye ni uwo kubaho tukabaho neza, ntitwigire abasinzi, ntitwigire abasambanyi, tugakora ahacu n’ah’abacu bagiye.”
Yanashimye aho u Rwanda rugeze mu kwiyubaka, ariko asaba ubuyobozi gushyira imbaraga mu guharanira ubumwe kuko iyo yitegereje abona butaragerwaho.
Yagize ati “Wenda mu rubyiruko sinamenya uko byifashe, ariko mu bakuru bangana natwe ubwo bumwe ni ku munwa. Kuko nk’iyo tugiye mu giturage aho tuvuka, tureba uko batureba, uko batwangiriza ibikorwa tugirayo, tugasanga ubwo bumwe butaragerwaho. Abatuyobora muracyafite umurimo ukomeye ariko Imana ikomeze ibashoboze, bizagenda neza, kandi natwe tuzakomeza kubafasha kubaka iki gihugu mu ntege zacu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, yasabye abakozi b’Akarere kurushaho gusobanurira abato amateka u Rwanda rwaciyemo.
Ati “Abarezi barusheho kwigisha neza amateka na gahunda ya Ndi Umunyarwanda turusheho kuyisobanura neza kuko Madame Patricie yatubwiye ko hari intambwe tugikeneye gutera.”
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|