Abarwayi bo mu mutwe muri Caraes Ndera ngo bishwe n’aba ’para-commando’ b’i Kanombe
Ibitaro bivura abarwayi bo mu mutwe bya Caraes Ndera byibutse Abatutsi babarirwa mu bihumbi bahiciwe mu 1994, barimo abari bahahungiye ndetse n’abarwayi bari bahacumbikiwe.

Abahungiye kuri ibyo bitaro byahoze ari iby’abazungu b’abafurere gatolika ngo bakekaga ko bashobora gukizwa n’uko abo Banyaburayi bari barinzwe n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MINUAR).
Byabaye nko guhungira ubwayi mu kigunda, kuko ingabo za MINUAR ngo zahise zibasiga aho mu maboko y’interahamwe n’abaparakomando (abasirikare kabuhariwe mu kurwana) bo mu ngabo za Habyarimana.
Umuyobozi Mukuru w’ibitaro bya Caraes Ndera, Frère Charles Nkubili avuga ko mu 1994 ku itariki 17 Mata, ari bwo abasirikare n’interahamwe bagabye ibitero bakica abantu bose batagiriye imbabazi abarwayi bo mu mutwe.
Frère Nkubili ati "Interahamwe zishe abantu hano zafashijwe n’aba parakomando’ babaga i Kanombe, tukigera hano twabonaga inzu zaratobowe n’amasasu.
Twe biraturenga ntabwo twumva ukuntu umuparakomando yica uwitwaga umusazi, ubundi twavuga ko uwo muparakomando na we yari yasaze".

Frère Nkubili yavuze ko adashobora kumenya umubare w’abaguye muri ibyo bitaro bose kuko ngo bamaraga kwicwa bakajugunywa ahantu hatandukanye, ndetse amafishe y’abarwayi na yo akaba yarahise atwikwa.
Mu rwibutso rwaho hashyinguwe imibiri irenga 21,000 ariko abenshi ngo ni abataraboneka kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro, ndetse nta n’ubwo baramenya imyirondoro yose y’abamaze kuboneka.
Frère Nkubili avuga ko ibitaro bya Caraes Ndera birimo gutegura kwandika amateka y’uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi muri ibyo bitaro, akaba ari bwo hazamenyekana imyirondoro y’abishwe n’ibice birimo imibiri itaraboneka.
Umwe mu barokokeye ku bitaro by’i Ndera, Nadine Uwamahoro wari ufite imyaka icyenda y’ubukure, avuga ko yabonye ababyutse mu mirambo bakiri bazima batarenga batanu.
Ati "Aha haje igitero cy’abasirikare bakuru b’i Kanombe ntabwo bari abantu boroshye, hari umugabo wari wambaye ishati y’umutuku nibuka ari Dr Fidèle wingingaga abazungu ngo babahungishe ariko ntibabyumva. Abasirikare rero baraje baramushinyagurira bamucuza amafaranga n’isaha, baramukubita".

Umwahoro avuga ko muri ibyo bitero yahaburiye umuryango we ugizwe n’umubyeyi (nyina), abo bavukanaga n’abo mu miryango y’ababyeyi be, kandi se na we akaba yari yaritabye Imana mbere yaho.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Caraes Ndera buvuga ko kuri ubu ibikomere byo mu mutwe n’ihungabana bituma imibare y’abarwayi bo mutwe yiyongera, ku buryo ngo buri mwaka bakira abarwayi batari munsi ya 75,000.
Frère Nkubili akavuga ko bacumbikiye abarwayi bakabakaba 400, ariko hakaba n’abaza kwivuza bataha batari munsi ya 250 ku munsi.

Inkuru zijyanye na: Kwibuka27
- Kubwira abato amateka mabi Igihugu cyanyuzemo bizabarinda kugwa mu mutego wo kucyoreka
- IBUKA: Leta izabingingira gutanga amakuru kugeza ryari?
- Jenoside yabaye mu Rwanda yagaragaje ubwigomeke ku Mana - Prof Musemakweli
- Amateka agaragaza ko Nyamagabe ari nk’igicumbi cy’ingengabitekerezo ya Jenoside
- Musanze: Abafana ba APR FC bunamiye abazize Jenoside biyemeza guhangana n’abakiyipfoya
- Senegal: Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
- Muhanga: Imibiri 1093 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro
- Kwibuka27: Menya uko isanduku yo gushyingura mu cyubahiro igomba kuba iteye
- Abiga muri Kaminuza ya Kigali baramagana abahakana Jenoside bitwaje ibyo bari byo
- Musanze: Abakozi b’Akarere bahawe umukoro wo kuvuguruza abagoreka amateka y’u Rwanda
- Gupfobya Jenoside warayirokotse ni ubuyobe bubi – NURC
- Karongi: Bashyinguye mu cyubahiro imibiri 8.660 y’Abatutsi biciwe ku Mubuga muri Jenoside
- Rwezamenyo: Sengarama arashimira byimazeyo abamwubakiye inzu
- Kinigi: Bibutse bishimye kuko ikibazo cyabo cyasubijwe
- Bugesera: Itorero ADEPR ryibutse Abatutsi biciwe i Kayenzi
- Ni igisebo kuba uwari Minisitiri w’Umuryango yarashishikarije umwana we kwica – Senateri Nyirasafari
- Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abandi kwibuka imiryango yazimye
- Kuri uyu wa Gatandatu haribukwa imiryango isaga 15,000 yazimye mu 1994
- Umubano w’u Rwanda n’u Burundi witezweho gukurikirana Abarundi bakoze Jenoside
- Ubuhamya: Banze ko uruhinja rwabo rwakwicwa rudahawe Isakaramentu rya Batisimu
Ohereza igitekerezo
|