Abarokotse Jenoside batishoboye bifuza ko amafaranga y’ingoboka bagenerwa yongerwa
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, ubwo bibukaga ku nshuro ya 29, bagaragaje ko hakiri imbogamizi bahura na zo bifuza ko zakemurwa zirimo kubakirwa ikimenyetso (monument) cyashyirwaho amazina y’ababo bishwe, kongera amafaranga y’ingoboka agenerwa abarokotse n’ibindi.

Ni igikorwa cyatangiye mu ijoro ryo kwibuka tariki 8 ndetse n’umunsi w’ibiganiro wabimburiwe no gushyira indabo ahashyinguye ababo ku rwibutso rwa Gisozi ruri mu Mujyi wa Kigali. Bagaragaje ko bafite imbogamizi nyinshi bityo bakifuza ko zavugutirwa umuti, tariki 9 Gicurasi 2023.
Umwe mu babyeyi waganiriye na Kigali Today wafashwe ku ngufu mu gihe cya Jenoside, icyo gihe akaba yari atwite inda y’ukwezi kumwe agaterwa SIDA ndetse n’umwana akayivukana, yagaragaje ko ubwo bumuga butaborohera bitewe n’akato bahabwa kuko umukobwa we bakomeza kumubenga iyo bamenye icyo kibazo.

Mu bindi yavuze ni uko Leta yabafasha kongera amafaranga y’ingoboka. Ati “Duhabwa ibihumbi 12 ku kwezi, ugendeye ku isoko ririho ubu ntibikunda. Nyaguramo ibiro bine by’ibishyimbo, ntacyo kubitekesha, ntacyo kubirisha kandi tugomba kurya neza bitewe n’uko ndi ku miti igabanya ubukana, imiti y’i Ndera kubera umutwe udakira, mbese amafaranga ntahagije”.
Muri Nyakabanda bibutse abagore n’abakobwa mu gihe cya Jenoside bafashwe ku ngufu, bamwe bagaterwa ibisongo mu myanya y’ibanga.
Undi musaza watanze ubuhamya yagize ati “Mfite ubumuga natewe na Jenoside, nta menyo mfite, intoki baraziciye barandashe, nta nzu yo kubamo ni ugukodesha. Mu by’ukuri dukeneye kwitabwaho mu buvuzi ndetse tugahabwa n’amacumbi byadufasha”.

Perezida wa IBUKA mu Murenge wa Nyakabanda, Usanase Yvonne, ashima ibimaze kugerwaho mu myaka 29 ishize ariko akavuga ko hakiri n’urugendo rw’ibikeneye gukorwa. Ati “Leta yaradufashije bamwe bariga babona akazi ariko hari n’abatarakabona. Dufite ababyeyi badafite amacumbi, abayafite akeneye gusanwa ndetse kandi turifuza ko hano twakubakirwa urukuta rwashyirwaho amazina y’abacu bishwe muri Jenoside”.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije w’Akarere, Nshutiraguma Esperance wari muri iki gikorwa yavuze ko hari ikiri gukorwa ku byifuzo by’abarokotse Jenoside cyane ko ari n’ingenzi. Ati “Mu by’ukuri ibi bibazo turabizi ndetse biri gushakirwa umuti yaba ibijyanye n’amacumbi akeneye gusanwa, kubaka amashya, gahunda y’ubuvuzi, ndetse n’amafaranga y’ingoboka. Ikindi hatagize igihinduka, urukuta ruzashyirwaho amazina y’Abatutsi biciwe muri Nyakabanda, mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ruzaba rwarabonetse”.

Mu Murenge wa Nyakabanda hiciwe Abatutsi bari hejuru ya 800, hakabamo 600 bizwi aho baguye, n’abandi bitaramenyekana aho baherereye ari na ho bahera basaba ababigizemo uruhare gutanga amakuru maze bakabasha gushyingura ababo mu cyubahiro.
Mu gihe cya Jenoside, tariki 8 n’iya 9 Gicurasi 1994 muri Nyakabanda hishwe Abatutsi benshi, nyuma y’uko uwari warigize Konseye Nyirimanzi Gregoire asohoye itangazo abwira Abatutsi bihishe gusohoka bakigaragaza, kuko icumu ryunamuwe kandi nyamara ngo yari amayeri yo kubatsemba.









Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|