Abakozi ba HotelI UMUBANO bubakiye umupfakazi w’uwahoze ari umukozi w’iyi hoteli

Abakozi n’abayobozi ba Hoteli UMUBANO bashyikirije inzu ifite agaciro ka miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda, umupfakazi w’umwe mu bakozi bahoze bakorera iyi hoteli ariko akaza kwitaba Imana mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mukarukeba Alphonsine yashyikirijwe iyi nzu iherereye mu kagari ka Karama, umurenge wa Kanombe, mu karere ka Kicukiro banamwemerera kumushyiriramo n’ibindi bikoresho, kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2014.

Mukarukeba ahabwa ibyangombwa by inzu yaguriwe_n'abakozi ba hotel umubano.
Mukarukeba ahabwa ibyangombwa by inzu yaguriwe_n’abakozi ba hotel umubano.

Mu byishimo byinshi, Mukarukeba yatangaje ko yishimiye uburyo iyi hoteli yazirikanye umugabo we n’ubwo atakiriho ariko bakibuka umuryango we yasize ubwo yari agikora muri iyi hoteli.

Yagize ati “Nshimiye ubuyobozi n’abakozi ba Hotel Umubano, kuko urukundo n’ubufatanye bwabo bangaragarije, byanyeretse ko bazirikana abo mugenzi wabo yasize. Ko bakoranaga neza na we.”

Iyo niyo nzu abakozi n'abayobozi ba hoteli UMUBANO bamuguriye.
Iyo niyo nzu abakozi n’abayobozi ba hoteli UMUBANO bamuguriye.

Umugirenza Laurence, ushinzwe abakozi muri Hotel Umubano, yatangaje ko ari bwo bwa mbere batanga inzu mu gufasha, ariko Atari bwo bwa mbere bakoze igikorwa nk’iki kuko kuva mu myaka itatu babitangira batangaga inka.

Ati “Ubundi aba basizwe na bagenzi bacu bari abakozi ba Hotel Umubano, twarabahamagaraga tukifatanya mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ntitugire igikorwa gikomeye tubakorera.

Abakozi ba hoteli UMUBANO banakoze ijoro ryo kwibuka ryaranzwe n'amasengesho n'ibiganiro bitandukanye.
Abakozi ba hoteli UMUBANO banakoze ijoro ryo kwibuka ryaranzwe n’amasengesho n’ibiganiro bitandukanye.

“Twatekereje mu miryango dufite, tureba abatifashije bafite ubushobozi buke kurusha abandi. Dufite gahunda ihoraho yo gukomeza gufasha n’abandi.”

Nyuma yo gusura uyu mukecuru hanabaye igikorwa cy’ijoro ryo kwibuka, aho hibutswe abakozi barindwi bakoraga muri iyi hoteli. Gusa ngo ubushakashatsi bwo gushaka abandi baba barazize Jenoside buracyakomeje.

Muri uyu mugoroba kandi hanatanzwe ibiganiro bitandukanye n’ubuhamya bw’umwe mu bahakoraga mu gihe cya Jenoside na n’ubu ukihakora, wavuze ko Abafaransa bakihagera bakigera mu Rwanda bahise bigabiza iyi hoteli bakajya babategeka kubakorera no kubatekera.

Emmanauel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka