Abakinnyi ba Arsenal bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka28
Mu gihe u Rwanda n’isi yose bibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, ikipe ya Arsenal yifatanyije n’abanyarwanda muri ibi bihe
Kuri uyu wa Kane tariki 07/04/2022, mu Rwanda hatangiye icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Ikipe ya Arsenal binyuze mu bakinnyi bayo ni bamwe mu bantu batandukanye bifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse no gufata mu mugongo ababuze ababo mu mwaka wa 1994.
Ku butumwa banditse kuri Twitter ikipe ya Arsenal yagize iti “Twifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi “
Ubu butumwa bw’inyandiko buherekejwe n’ubundi butumwa bw’amashusho bugaragaramo abakinnyi batatu ba Arsenal barimo kapiteni w’iyi kipe Alexandre Laccazette, rutahizamu Eddie Nketiah ndetse na myugariro Rob Holding.
Muri ubu butumwa butangira Alexandre Lacazette agira ati “Duhaye icyubahiro abarenga miliyoni bishwe tunaha agaciro imbaraga n’umuhati w’abarokotse Jenoside”
Nketiah na Holding barakomeza bati “Nyuma y’imyaka 28, u Rwanda ni ikimenyetso cy’uko ikiremwamuntu gifite imbaraga zo kwihangana no guhinduka kandi gishobora kuvuka bundi bushya nyuma y’ibyago bikomeye.”
Si ubwa mbere abakinnyi, abatoza ndetse n’abandi bayobozi muri Arsenal bifatanya n’u Rwanda mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, nyuma y’aho iyi kipe itangiye imikoranire n’u Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda.
‘Kwibuka’ means to ‘remember’.
We stand together with Rwanda to mark the 28th commemoration of the genocide against the Tutsi.
Remember. Unite. Renew.#Kwibuka28 pic.twitter.com/jvUZ66fOYl— Arsenal (@Arsenal) April 7, 2022
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|