Abafana ba Arsenal FC baremeye imiryango 86 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
Abafana b’ikipe ya Arsenal bo mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki 17 Mata 2020 baremeye imiryango 86 yo mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo igizwe n’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bahaye iyi miryango inkunga y’ibiribwa bizera ko izayifasha muri ibi bihe abantu basabwa kuguma mu rugo kubera icyorezo cya COVID-19.

Buri mwaka mu myaka itandatu ishize, abafana b’ikipe ya Arsenal FC yo mu Bwongereza bibumbiye mu itsinda rizwi nka Rwanda Arsenal Fan Club (RAFC) bifatanya n’Abanyarwanda cyane cyane mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bitewe n’ibikenewe bakagenera inkunga imiryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside.
Inkunga batanze igizwe n’ibiribwa aho buri muryango bawuhaye ibiro 10 by’umuceri, ibiro 10 bya kawunga, ibiro 10 by’ibishyimbo, litiro 2 z’amavuta yo guteka n’ibiro bitanu by’isukari.

Kevin Aaron Mwami, umuyobozi wa RAFC yagize ati “Tuzi ko iyi miryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi ari imwe mu miryango ihanganye n’ibibazo turimo muri iyi minsi kuko bamwe muri bo batungwa n’ibyo bakoreye uwo munsi. Bashobora kuba bafite ibindi bakeneye tutamenya ariko mpamvu ku nkunga y’ibiribwa twabahaye twongeyeho n’amafaranga make kuri buri muryango kugira ngo bayakoreshe bitewe n’ibyo bakeneye.”

RAFC isanzwe yifatanya n’Abanyarwanda muri rusange mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ukanategura ibikorwa bitandukanye byo kuremera no kwegera abacitse ku icumu.
Umwaka ushize basuye abasaza n’abakecuru barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafite umushinga wo guhinga ibihumyo, babatera inkunga y’inzu yo gukoreramo uwo mushinga, mu gihe muri 2018 bari bubakiye inzu ebyiri abacitse ku icumu bo mu Karere ka Bugesera.
Ikipe ya Arsenal FC ni imwe mu makipe yo mu Bwongereza afite abafana benshi mu Rwanda, ikaba inamamaza ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda birimo kwambara no gukinana imyenda yanditseho Visit Rwanda.

Abakinnyi bayo barimo umunya-Brazil David Luiz uheruka gusura u Rwanda, baherutse gutanga ubutumwa bifatanya n’Abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
RAFC yashinzwe n’abafana ba Arsenal muri 2013 ubu ikaba igizwe n’abanyamuryango barenga 1000. Uretse ibikorwa byo gufana iyi kipe bihebeye no gusabana, iri tsinda ryitabira ibikorwa bijyanye na siporo, iterambere ry’imibereho y’abaturage, imiyoborere ndetse n’ubukerarugendo by’umwihariko muri gahunda ya Visit Rwanda.





Amafoto: Rwanda Arsenal Fan Club
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ohereza igitekerezo
|
nukuri nibyiza bagize umutima w urukundo ndabashimiye cyane