Weekend ya Ruhago kuri StarTimes!

Nubwo igikombe cya Afurika cyarangiye StarTimes ikomeje gufata neza abafatabuguzi bayo by’umwihariko abakunzi ba Ruhago.

Mu mpera z’íki cyumweru nibwo imikino yo mu matsinda ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup ikinwa.

Tombola y’uko aya marushanwa azahura yahuje amakipe y’ibihangange muri Afurika, nka Al Ahly ari na yo ifite iki gikombe, mu itsinda rya mbere iri kumwe na Mamelodi Sundowns na yo yigeze kugitwara, hamwe n’amakipe yo muri Sudani nka Al Hilal na Al Merrikh.

Muri iri tsinda umukino ubanza uzahuza:

Mamelodi Sundowns vs Al Hilal
Mu gihe indi mikino izakinwa mu kwezi kwa 3, kuko ikipe ya Al Ahly yari iri mu gikombe cy’isi cy’Ama clubs.

Undi mukino utegerejwe na benshi ni uzahuza Raja na Amazulu yo muri Afurika y’Epfo itozwa n’umwe mu bantu banditse amateka kuri Ruhago nyafurika umutoza Benni McCarthy.

Gahunda yose ya CAF Champions League muri iki cyumweru imwe mu mikino ihari iteye itya :

11/02/2022
MAMELODI SUNDOWNS VS AL HILAL

12/02/2022
RAJA VS AMAZULU

Iki cyumweru kandi kizarangwa n’imikino ya CAF Confederations Cup muri ruhago. Iri rushanwa ni ryo ririmo amakipe yo mu Karere nka SIMBA SC ya Tanzaniya ikinwamo n’umunyarwanda KAGERE Meddy na TP Mazembe yo muri RD Congo, na yo yigeze gutwara iri rushanwa.

13/02/2022
TP MAZEMBE vs AS OTOHO
SIMBA SC vs ASEC MIMOSAS

Uretse iyi mikino ya CAF kandi muri iyi weekend kuri shene z’imikino za StarTimes murakurikira shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi. Mu Budage Bundes Liga irakomeza. Umukino witezwe na benshi ni uhuza FC Union Berlin na Borussia Dortmund kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare saa 16:30 mu gihe ku munsi ukurikiyeho tariki 13 Gashyantare uyu mwaka saa 16:30 VfL Bochum 1848 FC ikina na Bayern München.

La Liga na yo irakomeza ku munsi wayo wa 24

Umukino witezwe muri La Liga ni uhuza Villarreal na Real Madrid kuri uyu wa Gatandatu 17:15. Ikindi ni uko iki cyumweru muri Esipanye shampiyona yaho irangwa n’umukino wa Espanyol Barcelone yakira FC Barcelone umukino uzwi nka Derby Catalogna. Uyu mukino ikipe ya Barcelona igiye kuwukina nyuma yo gutsinda ikipe ya Atletico Madrid ari na yo ifite igikombe cya shampiyona cy’umwaka ushize.

Imikino yose murayikurikira kuri shene za StarTimes World Football ch 254DTT & ch 245 DTH na ST Sports life ch 253 DTT & ch 243 DTH na Sports Focus ch 250 DTT & ch 240 DTH kuri bouquet ya NOVA igura 4000frw na Basic igura 6000Frw, no kuri Smart igura 8500Frw hamwe na Classic igura 8000Frw.

Kugeza ubu StarTimes ni yo ya mbere mu Rwanda ifite ibiciro bihendutse kuri buri wese, ikagira na Shene ziri mu ndimi zitandukanye zirimo, Igifaransa, Icyongereza, Igiswahili, n’Ikinyarwanda. Ku buryo buri muntu bitewe n’ururimi akoresha yisangamo.

Ibi bikaba ari na byo bizabafasha kureba neza iyi mikino muyumva kandi mudahenzwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka