Uburengerazuba: Rubavu, Karongi na Rusizi turi imbere mu nyubako nziza

Muri iki gice cya gatatu ku iterambere ry’imiturire mu Rwanda turabagezaho uko byifashe mu ntara y’Uburengerazuba. Muri iyi ntara bigaragara ko uturere dukora ku kiyaga cya Kivu nka Rubavu, Karongi na Rusizi ari two turi imbere y’utundi mu bijyanye n’imyubakire.

Karongi

Uko imyubakire itera imbere mu karere ka Karongi ni ko n’umubare w’amahoteli wiyongera. Mu myaka itanu ishize icyitwa Umujyi wa Kibuye iyo wakigeragamo wasangaga ari nk’akadomo none ubu umujyi umaze kwaguka ku buryo hasigaye hari amahotel agera mu icumi ndetse n’andi akirimo kubakwa.

Ku Kiyaga cya Kivu hari hacyambaye ubusa ariko ubu bagenda bahubaka amazu meza yiganjemo amahoteli ku buryo ikibanza cyaho kibona umugabo kigasiba undi.

Aha ni mu Mujyi rwagati imbere y'iyi nyubako ya Echo Hotel hari igorofa rimwe rukumbi ryahoze mu Mujyi wa Kibuye rizwi nka Peace House.
Aha ni mu Mujyi rwagati imbere y’iyi nyubako ya Echo Hotel hari igorofa rimwe rukumbi ryahoze mu Mujyi wa Kibuye rizwi nka Peace House.
Iri ni Isoko rya Kibuye. Risa n'iryegamiye ku gusozi ka Gatwaro.
Iri ni Isoko rya Kibuye. Risa n’iryegamiye ku gusozi ka Gatwaro.
Iyi nzu iri mu masangano y'umuhanda winjira mu Mujyi wa Kibuye ikaba imwe mu zitezwho kongera urujya n'uruza mu mujyi wa Kibuye.
Iyi nzu iri mu masangano y’umuhanda winjira mu Mujyi wa Kibuye ikaba imwe mu zitezwho kongera urujya n’uruza mu mujyi wa Kibuye.
Mu gihe Kibuye mu myaka nk'ine ishize yasaga n'aho ari akadomo irimo kwaguka kuburyo bwihuse. Aha ni haruguru y'ahitwa mu Cyumbati ku bazi Umujyi wa Kibuye.
Mu gihe Kibuye mu myaka nk’ine ishize yasaga n’aho ari akadomo irimo kwaguka kuburyo bwihuse. Aha ni haruguru y’ahitwa mu Cyumbati ku bazi Umujyi wa Kibuye.
N'ubwo hahoze hameze nko mu cyaro, ubu hamaze kugera amahotel arenga icyenda kandi meza. Amenshi muri yo nka Golf Eden Rock Hotel ari ku nkengero z'ikiyaga cya Kivu.
N’ubwo hahoze hameze nko mu cyaro, ubu hamaze kugera amahotel arenga icyenda kandi meza. Amenshi muri yo nka Golf Eden Rock Hotel ari ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.

Ngororero

Akarere ka Ngororero gasanzwe kagaragaramo imiturire iri ku rwego ruciriritse ndetse hamwe na hamwe iri ku rwego rwo hasi, ahanini kubera ubukene bwakunze kuranga aka karere, imyumvire yari ikiri hasi ndetse n’imiterere yako itorohera abashaka kubaka.

Ubu, henshi muri aka karere uhasanga uduce (imidugudu cyangwa utundi duce tw’icyaro), aho abaturage batangiye kubaka amazu meza asakaje amabati mu gihe mbere basakazaga amategura kurusha amabati, ariko cyane mu duce tw’icyaro.

Hateguwe imidugudu myinshi ndetse hanategura imisozi izubakwaho imidugudu ubu ikaba arimo kugezwaho ibyangombwa nk’amashanyarazi, imihanda n’amazi.

Imiturire mu kajagari iragenda igabanuka n'amazu avugururwa mu mujyi wa Kabaya.
Imiturire mu kajagari iragenda igabanuka n’amazu avugururwa mu mujyi wa Kabaya.
Mu kuzamura imiturire, harategurwa ahazakorwa imidugudu
Mu kuzamura imiturire, harategurwa ahazakorwa imidugudu
No mu duce tw'icyaro batangiye kwitabira gutura neza. Aha ni mu murenge wa Kageyo.
No mu duce tw’icyaro batangiye kwitabira gutura neza. Aha ni mu murenge wa Kageyo.
Nubwo mu mujyi rwagati hakiri imiturire itanoze harimo kuvugururwa no kwagura.
Nubwo mu mujyi rwagati hakiri imiturire itanoze harimo kuvugururwa no kwagura.
Umudugudu wa Rususa mu murenge wa Ngororero.
Umudugudu wa Rususa mu murenge wa Ngororero.
Uyu musozi wa Rurusa ni umwe mu yirimo kubakwaho kuburyo bwiza.
Uyu musozi wa Rurusa ni umwe mu yirimo kubakwaho kuburyo bwiza.
Akarere kateguye ibibanza 50 bizagurishwa abashoramari bakubaka inzu zo guturamo zigerekeranye.
Akarere kateguye ibibanza 50 bizagurishwa abashoramari bakubaka inzu zo guturamo zigerekeranye.

Nyabihu

Mu karere ka Nyabihu kuvugurura imiturire birakomeje. Muri santire ya Mukamira ifatwa nk’agace k’umujyi w’akarere ka Nyabihu, batangiye igikorwa cyo kuzakatamo ibibanza kugira ngo iyi santire ifatwa nk’umujyi izaturwemo bijyanye n’igihe tugezemo.

Ikijyanye no gutura mu midugudu nacyo cyaritabiriwe, ku buryo usanga abaturage babishishikarizwa, n’abasore bubaka bagashishikarizwa gutura mu midugudu.

Iyi ni imidugudu yo mu Murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu.
Iyi ni imidugudu yo mu Murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu.
Iyi ni Santire ya Mukamira ifatwa nk'umugi w'akarere ka Nyabihu.
Iyi ni Santire ya Mukamira ifatwa nk’umugi w’akarere ka Nyabihu.
Ku mihanda abaturage bashishikarizwa kuvugurura bijyanye n'igihe tugezemo kandi bagasiga amarangi.
Ku mihanda abaturage bashishikarizwa kuvugurura bijyanye n’igihe tugezemo kandi bagasiga amarangi.
Mu murenge wa Mukamira mu midugudu yatujwemo abimuwe muri Gishwati.
Mu murenge wa Mukamira mu midugudu yatujwemo abimuwe muri Gishwati.
Mu karere ka Nyabihu uhasanga amwe mu mazu y'ama etage iyi ni iyakorerwagamo n'uruganda rwa Maiserie Mukamira ubu rutagikora.
Mu karere ka Nyabihu uhasanga amwe mu mazu y’ama etage iyi ni iyakorerwagamo n’uruganda rwa Maiserie Mukamira ubu rutagikora.
Gare yubatswe muri Mukamira yaciye akajagari k'amamodoka.
Gare yubatswe muri Mukamira yaciye akajagari k’amamodoka.

Nyamasheke

Akarere ka Nyamasheke gafite igice kinini cy’icyaro, muri iki gihe harimo gutera imbere ku buryo bugaragara cyane ko harimo kuzamuka amazu meza y’abaturage ndetse n’amahoteli.

Umuhanda wa kaburimbo umaze kuhagera ndetse n’amashanyarazi amaze kugera mu mirenge yose uko ari 15 igize akarere ka Nyamasheke.

N'ubwo Nyamasheke igizwe ahanini n'igice cy'icyaro muri Centre harimo kuzamuka amazi meza y'ubucuruzi.
N’ubwo Nyamasheke igizwe ahanini n’igice cy’icyaro muri Centre harimo kuzamuka amazi meza y’ubucuruzi.
Harimo no kubakwa amahoteli. Iriya yo hakurya ni Ninzi Hotel irimo kuzura.
Harimo no kubakwa amahoteli. Iriya yo hakurya ni Ninzi Hotel irimo kuzura.
Amwe mu mazu ari muri centre ya Nyamasheke.
Amwe mu mazu ari muri centre ya Nyamasheke.
Abaturage na bo baragenda bitabira gutura neza.
Abaturage na bo baragenda bitabira gutura neza.

Rubavu

Iterambere ry’imyubakire mu karere ka Rubavu rigenda ritera imbere ndetse abatuye mu manegeka no mu nzu zishaje bagafashwa kubaka inyubako nziza mu midugudu nkuko biboneka Rubavu, Karukogo na Mahoko, gusa hamwe imyubakire ntijyana no gutunganya imihanda kuburyo abaturage batura mu kajagari.

Umujyi wa Gisenyi ariko uracyabonekamo inyubako zishaje zitajyanye n’igihe mu gihe mu nkengero zawo haboneka amazu mashya meza.

Iyi foto igaragaza umujyi wa Gisenyi yafatiwe mu ndege mu mwaka wa 2014.
Iyi foto igaragaza umujyi wa Gisenyi yafatiwe mu ndege mu mwaka wa 2014.
Abaturage batuzwa mu mudugudu mu murenge wa Nyakiriba.
Abaturage batuzwa mu mudugudu mu murenge wa Nyakiriba.
Centre ya Mahoko igenda itera imbere hubakwa inzu zijyanye n'igihe zishobora guhangana n'umuyaga.
Centre ya Mahoko igenda itera imbere hubakwa inzu zijyanye n’igihe zishobora guhangana n’umuyaga.
Inyubako zo mu mujyi wa Gisenyi inyinshi zirashaje.
Inyubako zo mu mujyi wa Gisenyi inyinshi zirashaje.
Umudugudu w'abaturage bakuwe ku musozi wa Rubavu bajyanwa gutuzwa mu murenge wa Rubavu ahitwa Kanembwe.
Umudugudu w’abaturage bakuwe ku musozi wa Rubavu bajyanwa gutuzwa mu murenge wa Rubavu ahitwa Kanembwe.
Igishushanyo mbonera cy'umujyi wa Gisenyi kigomba kubanzirizwa n'ubushakashatsi
Igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Gisenyi kigomba kubanzirizwa n’ubushakashatsi

Rusizi

Umujyi w’akarere ka Rusizi urimo gutera imbere uzamukamo amazu meza cyane cyane ahantu hitaruye umujyi no ku nkengero z’umuhanda ariko hari ahakigaragara akajagari cyane cyane mu mujyi rwagati ahakorerwa ubucuruzi kuko amazu ahari hafi ya yose ashaje.

Uretse imiterere y’akarere ka Rusizi kagizwe n’imisozi, ikindi kibangamiye imiturire y’aka karere gafite umwe mu mijyi itandatu izaba yungirije umujyi wa Kigali ni imihanda itarahagera aho no mu mujyi rwagati nta mihanda ikoze neza kuko iyo imvura yaguye ibyondo byuzura ahantu hose.

Ahakorerwa ubucuruzi mu mujyi rwagati; iyo nyubako nini ni isoko rya Kamembe.
Ahakorerwa ubucuruzi mu mujyi rwagati; iyo nyubako nini ni isoko rya Kamembe.
Aho haratuwe hagakorerwa n'ubucuruzi.
Aho haratuwe hagakorerwa n’ubucuruzi.
Aya mazu aciriritse ari hepfo y'ikibuga cy'idege cya Kamembe kiri haruguru gato.
Aya mazu aciriritse ari hepfo y’ikibuga cy’idege cya Kamembe kiri haruguru gato.
Aho umujyi wa Kamembe uri kwagukira i Gihundwe.
Aho umujyi wa Kamembe uri kwagukira i Gihundwe.
Umudugudu wa Batero wo mu mujyi rwagati utaratera imbere.
Umudugudu wa Batero wo mu mujyi rwagati utaratera imbere.
Umudugudu w'icyitegererezo ari naho hubatse akarere.
Umudugudu w’icyitegererezo ari naho hubatse akarere.
Aya mazu ari hajuru ku gasozi ni ayo mu mujyi wa Kamembe rwagati.
Aya mazu ari hajuru ku gasozi ni ayo mu mujyi wa Kamembe rwagati.

Rutsiro

Abatuye mu karere ka Rutsiro bafite umuco wo kubakisha amategura kuko ngo abahendukira kuyabona n’ubwo muri iyi minsi hari bamwe batangiye kubaka inzu zigezweho.

Mu karere ka Rutsiro abaturage batujwe mu midugudu ariko uracyasanga bamwe na bamwe bagituye ahantu hagoye cyane ku buryo usanga inkangu ziterwa n’imisozi miremire zikunze gusenya amazu.

Abanyarutsiro bubakisha amategura kuva kera ngo kuko ariyo abahendukira.
Abanyarutsiro bubakisha amategura kuva kera ngo kuko ariyo abahendukira.
Muri aka karere kagizwe n'imisozi miremire, kubaka biragora kuko bisaba kubanza gusiza.
Muri aka karere kagizwe n’imisozi miremire, kubaka biragora kuko bisaba kubanza gusiza.
Nubwo batujwe mu mudugudu baracyafite ikibazo cy'inkangu.
Nubwo batujwe mu mudugudu baracyafite ikibazo cy’inkangu.
Nubwo benshi bakunda kubakisha amategura kuko ngo abahendukira bamwe mu baturage batangiye kubaka inzu zigezweho.
Nubwo benshi bakunda kubakisha amategura kuko ngo abahendukira bamwe mu baturage batangiye kubaka inzu zigezweho.

Icyegeranyo cyakozwe n’abanyamakuru ba Kigali Today mu ntara y’Uburengerazuba

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

wow! nukuri u Rwanda ruri gutera imbere mu mpande z’igihugu cyose kandi ni byiza cyane

Philemon yanditse ku itariki ya: 7-01-2015  →  Musubize

muzarye mugabanya kubeshya amafoto mwerekana ko ari ayarubavu ukurikije uko muherekana nabantu bahazi bakubwirako yafafwe muri 2011 kuoo inyubako mwerekana sizo ziri aho mwerekanye kd bizwi na buro wese ko gisenyi iri mumigi 4 nyiza yu Rwanda murye mwifatira ayanyu mafoto kd aryanye nigi he apana copy paste mubeshya abakunzi banyu
dodos avuze ukuri

ali yanditse ku itariki ya: 7-01-2015  →  Musubize

ibi birerekana iterambere muri iyi ntara kandi nanubu rigikomeje kwiyongera kubera abayobozi bacu dufatnyije twese hamwe

intake yanditse ku itariki ya: 7-01-2015  →  Musubize

icyo mbonye nuko ano mafoto ariya mbere ya 2012 nkurikije umugi wa gisenyi ntuyemo nuko icyo gihe wari umeze

dodos yanditse ku itariki ya: 7-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka