Narikoye, nikorera ubukwe, n’ubu biracyambabaza – Anne Kansiime

Umunyarwenya wo muri Uganda, Anne Kansiime, aherutse kwiyemerera ko ari we watanze amafaranga yo kumukwa no gukora ibindi birebana n’ubukwe bwe yakoranye n’umugabo batandakunye witwa Gerald Ojok.

Anne Kansiime na Gerald Ojok ubwo bari bakirebana akana ko mu jisho
Anne Kansiime na Gerald Ojok ubwo bari bakirebana akana ko mu jisho

Yabivugiye mu kiganiro asanzwe akora binyuze ku rubuga rwa Internet rwa YouTube.

Mu magambo yumvikanyemo ikiniga ubwo yari yatumiye undi mugore witwa Nana Kaga, nibwo Kansiime yahishuye ko yahubutse agakora ubukwe atabitekejeho, atanamenye neza uwo bagiye kubana, akavuga ko ari na yo mpamvu umubano we n’umugabo we wageze ku ndunduro utamaze kabiri.

Anne Kansiime yatangaje ibi asembuwe n’uwo mugore ubwo barimo kuganira bibaza impamvu abantu bagiye gukora ubukwe bakunda kwaka amafaranga y’imfashanyo(intwererano) mu nshuti n’imiryango nk’aho ari bo bazabubakira urugo rugakomera.

N’ubwo yakomeje ubuzima nyuma yo gutandukana na Gerald Ojok ndetse akabona undi mukunzi, Anne Kansiime avuga ko bikimugoye kwibagirwa no kubabarira umugabo we wa mbere ari we Gerald Ojok.

Mu mashusho y’icyo kiganiro, Anne Kansiime agaragara ikiniga kimufata kuvuga bikamunanira. Kansiime agira inama abakobwa bashaka gushaka huti huti ko bashobora kwisanga bakoze ibyo na we yakoze byo kwitangira inkwano, akabagira inama yo kwitonda kugira ngo batazababara nk’uko yababajwe.

Ku bwa Kansiime, umugabo ngo ni uwabyutse n’amaguru ye abiri akishyura ibirebana n’inkwano byose, akakujyana mu rusengero mukambikana impeta, ngo nibwo uba ushatswe. Nyamara we yemeza ko kuri we ibyo byose bitigeze bibaho kuko ngo yikoreye byose mu bukwe bwe.

Akomeza avuga ko impamvu yamuteye kubyikorera ngo yashakaga ko mu bukwe bwe agaragara nk’ufite agaciro ndetse ko yakowe byinshi. Ngo yari agamije kwerekana ko yakoze ubukwe bw’igitangaza.

Mu myaka ibiri ishize nibwo urukundo rwa Kansiime Anne na Gerald Ojok rwageze ku musozo nyuma yo guterana amagambo akarishye ku mbuga za Internet, bafata umwanzuro wo kwaka gatanya.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Warahubutse cyane ariko uzabona undi humura

Faustin yanditse ku itariki ya: 11-08-2019  →  Musubize

Wari warisondetse pe! Iyi niga irasa nk’ibandi neza neza!!!

JM yanditse ku itariki ya: 8-08-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka