Dominic Nic yishimira cyane kuba ari umukozi w’Imana

Umuhanzi Dominic Nic Ashimwe uzwi cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana arishimira cyane kuba ari umukozi w’Imana kandi akanemeza ko ari iby’agaciro gakomeye.

Mu magambo ye, abinyujije ku rubuga rwa Facebook, uyu muhanzi yagize ati: “Ni iby’agaciro gakomeye, ni iby’icyubahiro, biranezeza kuba umukozi w’Imana yacu, bihesha umugisha ukomeye mu buzima bwacu, ahemba neza ntiyambura...”.

Dominic Nic aririmba.
Dominic Nic aririmba.

Dominic Nic akomeza yemeza ko Imana kuyikorera ari iby’igiciro, ko ihemba neza kandi ko itajya yambura.

Uyu muhanzi ukunze kugaragara mu bikorwa binyuranye byo kwitanga, ngo afite inzozi zo kuzaririmbira mu mahanga ya kure, ahantu hakomeye kandi hateraniye abantu benshi, ibi byose ari mu rwego rwo gutanga ubutumwa bwiza no gukora umurimo w’Imana.

Dominic Nic na Simon Kabera bari mu butumwa.
Dominic Nic na Simon Kabera bari mu butumwa.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka