Amwe mu mateka y’umuhanzi Olivier Ndatimana

Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Olivier Ndatimana, uzwi nka Papa Hero ni umuhanzi ubarizwa mu itorero rya ADEPR-Matyazo mu karere ka Huye.

Ni umugabo wubatse akaba afite umugore n’abana babiri b’impanga. Yatangiye ubuhanzi afite imyaka 12 gusa ubwo yinjiraga muri korali. Mu makorali yabayemo harimo iyitwa JABBOK choir aho yacurangaga gitari (guitar Player Bass).

Mu mpera z’umwaka wa 2010 yabaye umuhanzi kugiti cye akaba yaramenyekanye ku ndirimbo ze nka “Urugendo”, “Yesu yaratwishyuriye” n’izindi.

Ndatimana yemeza ko iki ari cyo gihe cyo kugirango amatabaza yacu yake.
Ndatimana yemeza ko iki ari cyo gihe cyo kugirango amatabaza yacu yake.

Ndatimana warangije kaminuza ni umuhanzi ukunze kwiyambazwa cyane mu bitaramo hirya no hino mu karere ka Huye kubera ubuhanga bamuziho.

Nubwo akunda kuririmba cyane no gukora umurimo w’Imana, yakunze kugenda acika intege kenshi na kenshi ariko kuri ubu akaba yariyemeje guhaguruka ubudasubira inyuma ngo akorere Imana.

Ibi bigaragazwa n’intego yihaye igira iti: “Iki nicyo gihe cyo kugirango amatabaza yacu yake kandi itaranto yacu yunguke nkuzayibazwa n’uwayimuhaye”.

Ndatimana yabaye muri korari JABBOK choir aho yacurangaga gitari.
Ndatimana yabaye muri korari JABBOK choir aho yacurangaga gitari.

Uyu muhanzi yize muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare akaba kuri ubu ari kubarizwa muri Korali Jabbok (Jabbok Choir) mu karere atuyemo ari naho yakomereje umurimo w’Imana aho aririmba akanacuranga.

Akomeje ibikorwa bye by’ubuhanzi akaba ateganya gushyira hanze alubumu ye mu mpera z’uyu mwaka ikazaba igizwe n’indirimbo 10.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka