Umuhanzi Kode yaririmbye mu gitaramo cyacuranzwemo n’inkumi z’ikimero

Umuhanzi Kode wamamaye ku izina rya Fayçal, yatunguranye mu gitaramo cyatumiwemo aba DJs ‘Soul Nativez’ bafite izina rikomeye muri Afurika

Itsinda ryitwa ‘Aba chou Band’ rigizwe n’inkumi ni ryo ryamucurangiye, ndetse rikaba ari na ryo risigaye rimucurangira mu bitaramo bitandukanye.

Nyuma yo gutaramira abitabiriye icyo gitaramo, uyu muhanzi n’itsinda rye bavuye ku rubyiniro basimburwa n’itsinda rya ‘Soul Nativez’.

Iri tsinda rizwiho kuvanga indirimbo ariko banazicuranga bikanyura abatari bake.

Iri tsinda ry’abacuranzi ubwo riheruka i Kigali ryacuranze mu gitaramo ‘Intore Sundays’.

Iki gitaramo cyabaye nyuma yo gucurangira bwa mbere mu Rwanda ubwo bari bitabiriye iserukiramuco rya ‘Kivu Fest’ ryabaye muri Nyakanga 2022.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka