Masamba Intore na Gakondo Group bazataramira i Muhanga kuri uyu wa kane

Masamba Intore n’itsinda rye rizwi ku izina rya Gakondo Group ndetse n’abandi bahanzi nka Jean Paul Samputu, Mariya Yohana n’abandi kuwa kane tariki 30/05/2013 bazataramira i Gitarama i Muhanga guhera saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba.

Masamba Intore abinyujije kurukuta rwe rwa Facebook yagize ati: “Kuri uyu wa kane 30 May 2013, Gakondo Group & Masamba Intore tuzataramira i Gitarama-Muhanga kuri Ahazaza Center & School...”.

Bamwe mubagize Gakondo Group.
Bamwe mubagize Gakondo Group.

Yakomeje avuga ko azaba ari kumwe n’abahanzi nka Jules Sentore na Daniel Ngarukiye nabo bari muri Gakondo Group. Hazaba kandi hari n’abandi bahanzi bamenyerewe cyane mu njyana gakondo nka Mariya Yohana, Sofia Nzayisenga, Samputu n’abandi.

Aba bahanzi basanzwe bamenyerewe cyane kugira ubuhanga mu njyana gakondo, bakunze kandi no kugaragara batanga umusanzu mu guhumuriza Abanyarwanda by’umwihariko mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Murakora kdi gusa muge mushaka umusaza mushabizi kuko turamukunda afite ubunga bwo gukirigita inanga no kuririmba neza mumuzanye rero twanezerwa biruseho.
kdi nziko akiriho kuko atambutsa ibiganiro bye kumaradio atandukanye,murakoze

Eric yanditse ku itariki ya: 29-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka