Larry Rudolph wari ‘manager’ wa Britney Spears batandukanye nyuma y’imyaka 25

Larry Rudolph yeguye ku mirimo ye nyuma y’imyaka 25 ya serivisi nziza kandi z’ubudahemuka yahaye umuhanzi Britney Spears nka ‘manager’, cyangwa se ushinzwe gucunga ibijyanye n’ubuhanzi by’uwo muririmbyi.

 Britney Spears ari kumwe na Larry Rudolph bagikorana
Britney Spears ari kumwe na Larry Rudolph bagikorana

Icyo cyemezo Rudolph yafashe yakimenyesheje Jamie Spears, umuvandimwe wa Britney Spears ndetse n’umunyamategeko, Jodi Montgomery, abo bombi bakaba bashinzwe kureberera icyo cyamamare muri Muzika, Britney Spears.

Mu ibaruwa isezera yanditswe na Larry Rudolph, igasohorwa mu kinyamakuru kitwa ‘Deadline’, yavuze ko hashize imyaka ibiri n’igice, we n’umuhanzi Britney baganiriye ngo akamubwira ko yifuza kuba ahagaritse umuziki mu gihe kitazwi.

Yagize ati “Uyu munsi numvise ko umuhanzi Britney ashaka kujya mu kiruhuko cy’izabukuru ku mugaragaro. Sinigeze ngira uruhare mu bijyanye no kumureberera haba mu bikorwa bye bimwerekeyeho, ni ukuvuga ko nta byinshi nzi kuri ibyo byatangajwe, nahawe akazi na Britney kugira ngo mufashe mu buhanzi bwe. Kandi nka ‘manager’, ntekereza ko kuba neguye ku mirimo yanjye biri mu nyungu za Britney kuko serivisi zanjye zitari zigikenewe. Mwakire iyi baruwa y’ubwegure bwanjye”.

Rudolph yongeyeho ati “Nzahora nishimira umurimo nakoze mu myaka yacu 25 twari tumaze dukorana. Britney ndamwifuriza ibyiza byose bibaho ku isi. Ndahari igihe cyose azongera kunkenera nzamwitaba”.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka