Knowless, BullDogg na Fireman basohoye indirimbo bagaragara mu myambarire idasanzwe

Indirimbo yari itegerejwe kubera ko Knowless uzwi nka Butera Jeanne d’Arc yari yateguje abakunzi be ko iri hafi gusohoka, yagiye hanze aho mu mashusho agaragara ari mu ngobyi bamuteruye.

Basohoye indirimbo bise Bafana Bafana
Basohoye indirimbo bise Bafana Bafana

Iyi ndirimbo Knowless yakoranye na BullDog ndetse na Fireman ni indirimbo igaragaramo BullDogg na Fireman bambaye imyambaro yambarwa n’abami b’u Rwanda.

Muri iyi ndirimbo Knowless atangira avuga ko hari abantu babaye abafana nyamara baratangiye batumva neza ibyakorwaga cyangwa bapinga umuziki w’ino aha, ibi byose ngo bikaba bituruka mu gukora cyane.

Yagize ati “Byatangiye imiziki y’ino batayoka ngo abasani b’ino oya ntibashona n’iyo ibakikije burya ntibasora tubakubita imizigo babaye abafana ntabwo bakivuga za mayibobo”.

Muri iyi ndirimbo hari aho Fireman agira ati “Uyu muziki ureba uri mu byankoboye amavi badahwema kuvuga ko bibamena amatwi, ntava ku izima nanze kuba inkomamashyi ngo nce iy’ubusamo ndemera mpabera indushyi mpitamo kubanza kwisuganya menya umwanzi n’umukunzi menya n’indyarya”.

Aba bahanzi bavuga ko baje baje muri muzika no kongera kwereka ibyishimo abafana dore ko ubu ibitaramo byasubukuwe nyuma y’igihe icyorezo cya COVID 19 cyari kimaze cyaribasiye Isi.

Reba indirimbo ‘Bafana Bafana’ Knowless yahuriyemo na BullDogg na Fireman

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka