Kidumu yishimiye akarere ka Musanze

Kidumu, umuririmbyi w’Umurundi wari watumiwe mu muhango wo “Kwita Izina” abana b’Ingagi wabaye tariki 16/06/2012 mu karere ka Musanze, yatangaje ko yishimiye ako karere. Ngo ntiyari azi ko gafite ahantu heza nk’aho yabonye.

Kidumu atangaza ko ari ubwa mbere yari aririmbiye mu karere ka Musanze. Akenshi yakundaga kuririmbira mu mujyi wa Kigali ndetse no mu ntara y’Amajyepfo mu mujyi wa Butare; nk’uko abitangaza.

Kidumu ari kumwe n'abamufasha kuririmba.
Kidumu ari kumwe n’abamufasha kuririmba.

Kidumu ukunze kwiyita Kibido yasusurukije abari bitabiriye umuhango wo “Kwita Izina” biratinda. Yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zimenyerewe mu Rwanda nka Uri hano…, yaririmbye ari kumwe n’abacuranzi be ndetse n’abaririmbyi bamufasha, ibyo bita “Live”.

Kidumu asuhuza abafana be i Musanze.
Kidumu asuhuza abafana be i Musanze.

Uyu muhanzi wari wishimiye aho yari arimo kuririmbira yavuye kuri Podium maze ajya gusuhuza abayobozi ndetse n’abafana be. Kidumu akunze gutumirwa mu bitaramo bitandukanye mu Rwanda. Ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika y’Uburasirazuba mu iki gihe.

Kidumu asuhuza abayobozi bitabiriye umuhango wo kwita ingagi izina.
Kidumu asuhuza abayobozi bitabiriye umuhango wo kwita ingagi izina.

Akarere ka Musanze, umuririmbyi Kidumu avuga ko yishimiye niko kagaragaramo parike y’Ibirungu ibamo Ingagi zisurwa n’abamukerarugendo batandukanye.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka