Diamond Platinumz yiyemeje kwishyurira imiryango 500 yo muri Tanzania ubukode bw’amezi atatu
Umuhanzi w’icyamamare Diamond Platinumz wo muri Tanzania yiyemeje kwishyurira imiryango 500 yo muri icyo gihugu, mu rwego rwo gutanga umusanzu we mu gufasha abibasiwe n’ingaruka za Coronavirus.
- Diamond Platinumz yiyemeje kugoboka bamwe mu batishoboye abishyurira ubukode
Diamond Platinumz ukunzwe cyane muri iyi minsi by’umwihariko mu ndirimbo ye ‘Jeje’ yanditse kuri Instagram ati “Ndabizi ko hari impinduka mu mibereho ya benshi cyane cyane mu bijyanye n’ubukungu, dore ko benshi ibyo bakuragaho ubushobozi bwo kubaho byahagaze.”
Ati “Kuri uyu wa mbere ndababwira uko imiryango 500 izagezwaho inkunga yo kwishyura ubukode bw’inzu.
Uwo muhanzi yavuze ko nubwo na we ari mu bagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19, bitamubujije gutekereza uburyo bwo gufasha imiryango yibasiwe cyane n’ingaruka z’icyo cyorezo.
Diamond Platinumz ati “Ngomba kwifatanya namwe haba mu byiza no mu bibi.”
Inkuru ya Daily Nation iravuga ko Diamond atiyigeze asobanura umubare nyawo w’amafaranga ateganya kwishyurira buri muryango.
Umujyanama we Sallam Sharaff na we baherutse kumusangamo icyorezo cya COVID-19, mu minsi ishize akaba yaratangaje ko ubuzima bwe bumeze neza.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- Nageze ku muryango w’urupfu Imana ikinga akaboko - Ubuhamya bw’uwakize COVID-19
- Mu Rwanda abantu batanu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 194
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 172
- #COVID19 : Abarwayi bashya 166 barimo 108 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- Kicukiro: Abagera kuri 17 bafashwe bakora ibirori urugo baruhinduye nk’akabari
- Umubare w’abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 waragabanutse
- #COVID19 : Mu barwayi bashya 169 harimo 125 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 93
- MINEDUC: Nta mwana urwarira ku ishuri ngo ajye mu muryango we adapimwe COVID-19
- #COVID19 : Abarwayi bashya 143 barimo 101 babonetse i Kigali
- U Bushinwa bwangiye itsinda rya OMS kwinjira mu gihugu gukora iperereza ku nkomoko ya Covid-19
- #COVID19 : Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 167, ntawakize
- Mu Rwanda COVID-19 yishe abantu batanu, haboneka abarwayi bashya 107
- Hari abari baraguze amatike bahawe amahirwe yo kugenda
- Mu batangiye ingendo kuri uyu wa Kabiri hari abasubizwa inyuma, abandi bakomeze
- Polisi iraburira abatwara abagenzi bava mu Karere bajya mu kandi bitemewe
- Guma mu Karere nidatanga igisubizo murumva ikizakurikiraho - Min. Busingye
- Minisitiri Mpunga yasobanuye impamvu yo guhagarika ubucuruzi saa kumi n’ebyiri n’ingendo hagati y’uturere
- Abarokotse Jenoside bageze mu zabukuru bifashisha Yoga mu kurwanya umuhangayiko wa COVID-19
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|