Alyn Sano ngo arembejwe n’abazungu bamutereta

Umwe mu bahanzi bari kubaka izina muri muzika nyarwanda, Alyn Sano, avuga ko akunda guteretwa cyane n’abazungu akenshi bashaka ko aryamana nabo.

Alyn Sano ngo abazungu bamutereta ni benshi kubera injyana aririmbamo
Alyn Sano ngo abazungu bamutereta ni benshi kubera injyana aririmbamo

Ibi ngo biterwa n’uko injyana yihebeye ya Jazz na Blues zikundwa cyane n’abazungu. Ubusanzwe akunda kubacurangira mu kazi afatanya n’ubuhanzi ariko ngo iyo bamaze kuryoherwa batangira kumwegera bamusaba kuryamana nabo.

Agira ati “Biba bigoye kubyumva kuko uko ucurangiye abantu nk’abazungu musoza baryohewe ntibagarukire aho kuko baba bashaka ko muryamana.”

Alyn ngo atangazwa n’uko nta Banyarwanda bajya bamugaragariza bene iyo myitwarire. Agakeka ko kuba abazungu babikora ari uko akunda kubaririmbira mu njyana bakunda no mu ndimi biyumvamo.

Ariko ngo yamaze gufatira ingamba abamutesha umutwe
Ariko ngo yamaze gufatira ingamba abamutesha umutwe

Alyn Sano uzwi mu ndirimbo “Naremewe wowe”, avuga ko yafashe umwanzuro kubwiriza ijambo ry’Imana abamusaba kuryamana na we.

Ati “Abazungu bansaba ko turyamana namaze kubabonera ikibashobora mbabwira ko ntashobora kubabaza Imana yanjye kandi ko ntashobora gucumura kandi ari yo yangize uwo ndiwe, kandi nabonye babyubahiriza.”

Uyu mukobwa Alyn Sano uheruka no kwemeza Yvonne Chakachaka wakoreye igitaramo mu Rwanda mu minsi ishize, yamaze gushyira indirimbo hanze yise “Rwiyoborere”.

Avuga ko yayishyize hanze ashaka kwigisha abakundana ko bakwiye kureka ijwi ry’urukundo rikabayobora aho kubishyiramo imbaraga n’umugaga udakwiye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

umva mumureke afite icyo ashaka kugeraho

nshimiyimana concorde yanditse ku itariki ya: 11-10-2018  →  Musubize

Ngo ababazwa nuko abanyarwanda batamutereta ngo bamusabe kumujyana mu gitanda.Ejobundi niduhura ntabwo uzamvamo ahubwo.

Kayiro Vedaste yanditse ku itariki ya: 20-09-2018  →  Musubize

ubwo rero ashaka kutubwira ko batamusabayangura!!! najyane imali ye

liki liki yanditse ku itariki ya: 3-09-2018  →  Musubize

Nyumvira pe ngo abazungu baramutereta yarangiza akaza gutanga inkuru ubu koko aha niho bari kugushakira hit,

Wa muhanzikazi we wakoze indirimbo ukava mu matiku y’urukundo

Emmy yanditse ku itariki ya: 30-08-2018  →  Musubize

ubwo uraje nawe urasha kuvugwa ? nawe ubwo uraje

pucu yanditse ku itariki ya: 28-08-2018  →  Musubize

uraje ubwo nawe ukeneye ko bakuvuga sasa? uraje di

pucu yanditse ku itariki ya: 28-08-2018  →  Musubize

Ubwo koko uba uvuze iki?
Inkuru nizibura ujye uceceka aho kuvuga amahomvo.
Nta soni?

Rukabu yanditse ku itariki ya: 28-08-2018  →  Musubize

wafashe umwanzuro mwiza wamukobwawe.(Alyn sano)

joe yanditse ku itariki ya: 28-08-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka