Alpha Rwirangira aragera i Kigali kuri iki cyumweru

Kabendera Tijara yanditse kurubuga rwa Facebook ko Alpha yamaze gufata indege aza mu Rwanda akaba azahagera kuri iki cyumweru tariki 16/12/2012 saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Tijara yagize ati : « Ubu Alpha yuriye indega agaruka mu rwagasabo, Imana imuherekeze azagera i Kanombe ejo ku cyumweru isaa kumi n’ebyiri Imana ibidufashemo imuhe urugendo rwiza! welcome back Alpha »

Biteganyijwe ko Alpha azakora igitaramo cy’abana ku munsi wa Noheli tariki 25.12.2012 guhera ku isaha ya saa munani muri Car Wash naho after party ikabera muri Relax Bar & Restaurant.

Alpha azakora igitaramo cy'abana kuri Noheli kuri Car Wash.
Alpha azakora igitaramo cy’abana kuri Noheli kuri Car Wash.

Abahanzi bazaza kwifatanya nawe harimo Christopher, Jules Sentore, Charly, Knowless, Jack B, Ellion, Peace n’abandi.

Kwinjira muri iki gitaramo « Alpha Band with families & Coca-cola» kizaba ari umwimerere ni amafranga 4000 mu myanya y’icyubahiro na 2000 ahandi.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka