Aline Gahongayire yahaye imifariso ababyeyi batishoboye bo muri Kimironko

Ababyeyi batishoboye 17 bo muri Kimironko ntibazongera gutaka ko baraye hasi cyangwa ku misambi kuko bahawe imifariso izatuma baryama aheza.

Ababyeyi bo muri Kimironko bahawe imifariso bahamya ko bagiye kujya barara heza
Ababyeyi bo muri Kimironko bahawe imifariso bahamya ko bagiye kujya barara heza

Aline Gahongayire, umuririmbyi w’indirimbo zihimbaza Imana niwe wabahaye iyo mifariso kuri uyu wa gatatu tariki ya 08 Ugushyingo 2017.

Buri mufariso muri iyo yabahaye ugura ibihumbi 30RWf. Arateganya no guha indi mifariso 15 ababyeyi batishoboye bo muri Bumbogo mu Karere ka Gasabo.

Aline avuga ko icyo gikorwa cy’urukundo ari kugikora mu rwego rwo gushimira Imana ibyiza yamukoreye binajyanye no kumurika “Album” y’indirimbo ze yitwa “New Woman”.

Akomeza avuga ko agiye kuzenguruka u Rwanda amurika iyo “Album”. Aho azajya hose ngo azajya afasha abatishoboye.

Aline avuga ko ari gukora icyo gikorwa cy'urukundo mu rwego rwo gushimira Imana
Aline avuga ko ari gukora icyo gikorwa cy’urukundo mu rwego rwo gushimira Imana

Xavela Nyirabagisha, umwe mu bakecuru bahawe umufariso ahamya ko agiye kujya arara heza kuko mbere yari afite umufariso ushaje.

Agira ati “ Ndishimye cyane kuko umufariso nari mfite wari ushaje kandi nawo ni uwo nari narahawe n’abagiraneza.”

Aline Gahongayire agiye kumurika iyo Album mu Rwanda ariko ngo azajya no hanze yi’igihugu kuyimurikira abahatuye mu rwego rwo kubabwiriza ijambo ry’Imana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

N’abandi basenga by’ukuri babonereho batange bareke kujya bayajyana gusa mu bitaramo by’abambara ubusa nka ba Joddy boo . Aline thnks a lot

eto yanditse ku itariki ya: 9-11-2017  →  Musubize

Yesu yaravuze ati:ukuboko kwiburyo nigukora ikintu ukwibumoso ntikukabimenye.Mushiki wacu yakoze neza arikose ingororano zaba arizo gushimwa nabantu kubera ibyo maze kuvuga hejuru?

venuste yanditse ku itariki ya: 8-11-2017  →  Musubize

Yoo nibyo yakoze igikorwa kiza ariko iyo hatazamo kubibwira media....

ayiwe yanditse ku itariki ya: 9-11-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka