Abaririmba indirimbo zihimbaza Imana bashyiriweho ibihembo bishya byiswe ‘Sion Awards’

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ibihembo bishya byiswe ‘Sion Awards’, bigenewe abahanzi n’amatsinda baririmba indirimbo zo guhimbaza Imana mu gihugu hose.

Ibihembo Sion Awards bigiye gutangira gutangwa
Ibihembo Sion Awards bigiye gutangira gutangwa

Ni ibihembo bivugwa ko bizaba bivuguruye nk’uko itsinda ririmo kubitegura ryabitangarije Kigali Today.

Umwe mu bantu ba hafi cyane mu babitegura, avuga ko ibi bihembo byitezwe gutangira muri uku kwezi k’Ugushyingo, bikazasozwa muri Mutarama umwaka utaha wa 2022, kandi ko hateganyijwe ikiganiro n’abanyamakuru kibisobanura neza mu minsi micye iri mbere.

Abarimo gutegura iki gikorwa bavuga ko ibi bihembo birimo amavugurura menshi ugereranyije n’ibihembo bitandukanye byabayeho mu muziki uramya ukanahimbaza Imana, kandi ko ibihembo bizatanwa bizaba bitubutse ndetse harimo n’udushya dutandukanye n’ibyabanje.

Bimwe mu bihembo by'indirimbo zo kuramya Imana byagiye bitangwa
Bimwe mu bihembo by’indirimbo zo kuramya Imana byagiye bitangwa

Ibi bihembo bya Sion Awards bije bisanga ibindi bisanzwe bitangwa mu Rwanda nka Groove awards, hamwe na SIFA REWARDS ihemba ibigo n’abahanzi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka