Abahanzi bazasusurutsa abazitabira ‘Kwita Izina Gala Dinner 2022’ bamenyekanye

Ku wa Gatanu tariki 02 Nzeri 2022 ni bwo hazaba umuhango ukomeye wo Kwita Izina abana b’ingangi 20, uzabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze nk’uko byari bisanzwe mbere y’uko Covid-19 yaduka igatuma abantu badahurira hamwe ari benshi.

Youssou N'Dour
Youssou N’Dour

Nyuma ni bwo hazaba igitaramo kimenyerewe kizwi nka Kwita Izina Gala Dinner, abahanzi bazasusurutsa abazacyitabira bakaba bamenyekanye, barimo na Youssou N’Dour, ndetse uyu mwaka kizabera ku Intare Arena.

Iki gitaramo kizaba ku itariki ya 4 Nzeri 2022, cyateguwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), abahanzi bazakiririmbamo akaba ari Massamba Intore, Mike Kayihura na Ruti Joel.

Massamba Intore
Massamba Intore

Uretse abahanzi bo mu Rwanda, icyo gitaramo kizanitabirwa na Youssou N’Dour, umuririmbyi wo mu guhugu cya Sénégal akaba n’umunyapolitiki kuko kuva muri Mata 2012 kugeza Nzeri 2013, yari Minisitiri w’Ubukerarugendo mu gihugu cye. Ni umwe mu banyabigwi bakomeye mu ruhando rwa muzika bo ku Mugabane wa Afurika.

Ruti Joel
Ruti Joel
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka