Anita Pendo yashyize ahagaragara urutonde rw’amahame atanu agenderaho

Anita Pendo ukora umwuga w’itangazamakuru kuri Contact FM no kuri Radio One akaba ari umukinnyi wa filime akaba kandi ari n’umushyushyarugamba yashyize ahagaragara urutonde rw’amahame ye atanu agenderaho, kandi ahamya ko azayakomeza.

Abinyujije ku rubuga rwa Facebook, Anita Pendo yagize ati: “Dore amwe mu mahame yanjye kandi nzakomeza kubahiriza: Sinzareka gukora akazi kanjye nk’uko bikwiye kugira ngo nshimishe inzobere mu gusebanya; Sinzishyiraho camera kugira ngo nsobanure uwo ndiwe kandi nzi neza uwo ndiwe; Sinzihanganira ibitihanganirwa ngo mpaze amarangamutima ya bamwe; Nzashimira ukora neza ngaye ukora nabi; Nzakunda kandi nzakundwa kuko ndi umuntu.”

Anita Pendo.
Anita Pendo.

Ibi abitangaje nyuma y’uko hamaze iminsi havugwa urukundo hagati ye n’umusore David utunganyiriza umuziki (Producer) muri Future Records.

Urukundo rw’aba bombi n’ubwo rumaze igihe kigera ku mwaka, ntabwo abantu bose baruvugaho kimwe. Hari abatabyishimiye, bavuga ko Anita Pendo aruta cyane David abandi bakavuga ko urukundo rwabo ari imikino.

Hari kandi n’abavuga ko David atari akwiriye gukundana na Anita Pendo kubera akazi Anita Pendo akora bitewe n’uburyo aba yitwaye ku rubyiniro (stage).

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Mureke gusebya Anita,nu mwana witonda ukunda abantu!Umurimo akora turawushima.

Ero yanditse ku itariki ya: 21-07-2013  →  Musubize

pendo just be ur self even if u did best thing they will called u as umwirasi

jj yanditse ku itariki ya: 10-05-2013  →  Musubize

pendo! nshaka kumenya niba wararetse itabi.

shishoza yanditse ku itariki ya: 10-05-2013  →  Musubize

iyo ndoro ye anywa gangi?

ntezanas yanditse ku itariki ya: 9-05-2013  →  Musubize

nge se ko mutavuze ukuntu ndakara vuba iyo naramutse nabi!!!!????!!!!

burakari yanditse ku itariki ya: 9-05-2013  →  Musubize

plz ntabwo navuze reta navuze rata

NISINGIZWE ALAIN JBAPTISTE yanditse ku itariki ya: 8-05-2013  →  Musubize

bareke reta ahubwo unsuhurize david ariko ugerageze kujya witwara nk’umunyarwandakazi kuri stage!

NISINGIZWE ALAIN JBAPTISTE yanditse ku itariki ya: 8-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka