Irebere ibyaraye bibereye mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival (Amafoto + Video)

Ku mugoroba wo ku munsi w’ejo tariki 26 Ugushyingo muri BK Arena habereye igitaramo cyitabiriwe n’abatari bacye baje kwihera amatwi n’amaso abahanzi bagiserutsemo barimo Kayirebwa na Muyango.

Iki gitaramo gisoza ibitaramo bya MTN iwacu muzika festival 2023, cyari giteguye mu buryo bwa gakondo yaba ku mitako yari mu nzu y’ibirori ya BK Arena, yewe haba no kubahanzi bakiririmbyemo.

Umukirigita nanga Sophie Nzayisenga niwe wafunguye iki gitaramo
Umukirigita nanga Sophie Nzayisenga niwe wafunguye iki gitaramo

Sophia Nzayisenga ni we wabanje ku rubyiniro maze akirigita inanga karahava. Yakurikiwe n’itorero Inyamibwa mu mbyino zinogeye buri wese maze hataho Cyusa akurikirwa n’ Ibihame by’Imana.

Umuhanzi Cyusa yataramye mu ndirimbo zo hambere yagiye asubiramo ndetse n'ize binyura benshi
Umuhanzi Cyusa yataramye mu ndirimbo zo hambere yagiye asubiramo ndetse n’ize binyura benshi

Ruti Joel ni we wakurikiyeho n’ijwi ryiza riherekejwe n’umuhamirizo w’intore, asoje haza Inganzo Ngari zabyinnye neza nk’ibisanzwe, maze zitura uwo munsi uwahoze ari umuyobozi wabo uherutse kwitaba Imana.

Itorero Inyamibwa naryo ryasusurukije abitabiriye iki gitaramo
Itorero Inyamibwa naryo ryasusurukije abitabiriye iki gitaramo
Umuhanzi Ruti Joel wigaruriye imitima y'abakuze n'abato mu njyana gakondo
Umuhanzi Ruti Joel wigaruriye imitima y’abakuze n’abato mu njyana gakondo
Itorero Inganzo Ngari ryasusurukije abitabiriye iki gitaramo
Itorero Inganzo Ngari ryasusurukije abitabiriye iki gitaramo

Inganzo Ngari basoje ku rubyiniro hahise haseruka Muyango n’ijwi ryiza cyane ridakangwa n’imyaka nuko akurikirwa na Cecile Kayirebwa aho yaririmbye aherekejwe n’abakobwa b’impanga Ange na Pamella ndetse n’umuhanzi Alouette bose bamenyekanye basubiramo indirimbo ze.

Umuhanzi Muyango yizihiye abari muri BK Arena mu ndirimbo ze nka ‘Karame Uwangabiye', ‘Sabizeze' zasusurukije abantu cyane
Umuhanzi Muyango yizihiye abari muri BK Arena mu ndirimbo ze nka ‘Karame Uwangabiye’, ‘Sabizeze’ zasusurukije abantu cyane
Ku myaka 77 Kayirebwa aracyafite ijwi rizira amakaraza
Ku myaka 77 Kayirebwa aracyafite ijwi rizira amakaraza
Kayirebwa acyanzika, haserutse umwana muto wabonaga ko yizihiwe maze atangira kubyina
Kayirebwa acyanzika, haserutse umwana muto wabonaga ko yizihiwe maze atangira kubyina
Kayirebwa yamushimye uburyo akunda umuco Nyarwanda
Kayirebwa yamushimye uburyo akunda umuco Nyarwanda

Kigalitoday yabateguriye inkuru y’amafoto abereka uko byari byifashe.

Basile Uwimana ni we wayoboye iki gitaramo cyari gifite uburyohe buhebuje
Basile Uwimana ni we wayoboye iki gitaramo cyari gifite uburyohe buhebuje

Reba ibindi muri iyi Video

Amafoto + Video: Eric Ruzindana / Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka