Zimwe mu mpamvu zituma ibitaramo mu Rwanda bitakitabirwa cyane

Hamaze iminsi mu Rwanda haba ibitaramo binyuranye ariko ugasanga ntibyitabiriwe nk’uko ababitegura baba bifuzaga kandi mu by’ukuri baba barashyize imbaraga nyinshi mu kubitegura no kubyamamaza.

Usanga hari bamwe bibaza niba ukutitabirwa kw’ibi bitaramo bitaba bifitanye isano no kuba umuhanzi wateguye igitaramo yaba atarubaka izina bihagije bityo kumva ngo afite igitaramo ntibibe byashitura benshi ngo baze kukitabira.

Ibi ariko ntawapfa kubyemeza kuko usanga mu bitaramo biba byateguwe, ibyinshi, ndetse hafi ya byose ba nyiri gutegura ibitaramo biyambaza abahanzi baba basanzwe bakunzwe cyane hano mu Rwanda mu rwego rwo kugira ngo babongerere ingufu kandi n’abafana babo babyitabire.

Bamwe mu bajya bitabira ibitaramo by’imiziki hano mu Rwanda twaganiriye, badutangarije ko imwe mu mpamvu zikomeye yaba ituma ibitaramo muri iki gihe bitakitabirwa nka mbere ari uko usanga biba bisa byose.

Bimwe mu bitaramo byo mu tubari abantu binjirira ubuntu cyangwa igihumbi gusa kandi bakabona abahanzi bose bashaka.
Bimwe mu bitaramo byo mu tubari abantu binjirira ubuntu cyangwa igihumbi gusa kandi bakabona abahanzi bose bashaka.

Hari uwagize ati: « Impamvu ibitaramo tutakibyitabira cyane, usanga byose bisa kandi n’abahanzi baba ari babandi ntibahinduka. Iyo ugiye muri kimwe biba bihagije kuko n’ibindi bizakurikiraho biba bizaza bisa nka cya kindi wagiyemo. Nta dushya bakigira».

Undi we yadutangarije ko asanga ukujya kuririmba mu tubari hirya no hino kw’abahanzi nyarwanda bituma bahararukwa bityo ubushake n’umuhate wo kujya kubareba mu bitaramo binini ukagabanuka cyangwa se ugashira.

Yagize ati: « muri iki gihe abahanzi basigaye birirwa muri za kabari baririmba, urumva ko rero utajya gutanga bitanu ngo ugiye kumureba muri launch kandi ejo mwari kumwe muri kabari akuririmbira ku buntu cyangwa ku gihumbi gusa».

N’ubwo bimeze gutya ariko hariho abasanga impamvu bititabirwa ari uko nta mwimerere urimo.

Ibi bikaba byashimangirwa n’uko iyo ari ibitaramo by’abahanzi baririmba injyana gakondo, injyana nyafurika ariko by’umwihariko baririmba umwimerere (live music) byitabirwa n’abatari bake kandi bagatangaza ko baryohewe.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Bazareke gushishura, biyubahe bareke kwambara ubusa kandi bagaragaze udushya naho ubundi nta cash zacu bazajya bapfa kubona!!

fafafafdffd yanditse ku itariki ya: 21-11-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka